00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rutahizamu w’Umunya-Côte d’Ivoire yageze i Kigali gusinyira Rayon Sports (Amafoto na Video)

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 18 August 2023 saa 08:03
Yasuwe :

Rutahizamu w’Umunya-Côte d’Ivoire, Gnamien Mohayé Yvan, yageze i Kigali gusinyira Ikipe ya Rayon Sports.

Uyu musore w’imyaka 20 yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali saa Munani zo mu rukerera rwo ku wa Gatanu, tariki 18 Kanama 2023. Akihagera yakiriwe na Ngabo Roben ushinzwe Itangazamakuru muri Rayon Sports.

Gnamien Yvan wakiniye Ikipe y’Igihugu cye y’abari munsi y’imyaka 17, areshya na metero 1,92, yageze mu Rwanda avuye mu Ikipe y’iwabo yo mu Cyiciro cya Mbere yitwa Stars Olympic Football Club D’Abobo.

Mu kiganiro gito yahaye itangazamakuru, Gnamien yavuze ko afite amakuru make ku Rwanda aho yumva baruvuga nk’igihugu cyiza kandi gitekanye.

Yavuze ko mu bakinnyi afatiraho icyitegererezo harimo Didier Drogba bakomoka mu gihugu kimwe ndetse n’Umunya-Brazil Kaka.

Avuye ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, Yvan Mohayé Gnamien, yahise asanga abakinnyi ba Rayon Sports aho bari mu mwiherero i Bugesera bitegura umukino ufungura Shampiyona bazakirwamo na Gasogi United saa Moya z’umugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 18 Kanama 2023. Nta gihindutse uyu musore akazakurikira uyu mukino.

Rayon Sports ikomeje kwiyubaka mu kwitegura kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup ikomeje kwiyubaka ikaba yaregukanye Igikombe kiruta ibindi, Super Cup 2023, nyuma yo kwandagaza mukeba w’ibihe byose APR FC iyitsinze ibitego 3-0.

Rutahizamu w’Umunya-Côte d’Ivoire, Gnamien Mohayé Yvan, yageze i Kigali gusinyira Ikipe ya Rayon Sports
Gnamien Mohayé Yvan w'imyaka 20 yitezweho gufasha Rayon Sports mu busatirizi bwayo
Gnamien Yvan yakiniye Ikipe y’Igihugu cya Côte d’Ivoire mu Cyiciro y’abari munsi y’imyaka 17
Mbere yo kurambagizwa na Rayon Sports, Gnamien Mohayé Yvan yakinaga mu Ikipe y’iwabo yo mu Cyiciro cya Mbere yitwa Stars Olympic Football Club D’Abobo
Mu bakinnyi afatiraho icyitegererezo harimo Didier Drogba n’Umunya-Brazil Kaka
Akiva i Kanombe yahise asanga abakinnyi ba Rayon Sports mu mwiherero barimo mu Bugesera bitegura umukino wa Gasogi United
Uyu rutahizamu yavuze ko afite inzozi zo gukinira Ikipe y'Igihugu ya Côte d’Ivoire

Amafoto: Ntare Julius

Video: Irakoze Excellent


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages