Uyu Rutahizamu mushya wa Gikundiro n’Ikipe y’Igihugu ya Guinée yagiriye imvune y’akagombabari k’iburyo mu myitozo yabereye kibuga cya Skol mu Nzove, ubwo yakandagirwaga na Myugariro w’iburyo, Mucyo Didier Junior, biba ngombwa ko asohorwa mu kibuga kuko akagombabari kari kabyimbye cyane.
Alsény Camara yahise ajyanwa ku Bitaro bya CHUK kunyuzwa mu cyuma ngo barebe uko imvune iteye. Saa Tatu n’Igice z’umugoroba ni bwo yabonye ibisubizo by’ibizamini byerekanaga ko ari imitsi yikanze, nta cyangiritse haba ku mubiri, imitsi ndetse n’amagufa.
Umwe mu bari kumwe na Alsény Camara ku bitaro nyuma yo kubona ibizamini yabwiye IGIHE ati "Yashyizweho igipfuko gifashe igice cy’ikirenge kugera ku mfundiko kizamaraho icyumweru kikazakurwaho ku wa Kane w’icyumweru gitaha, ari na bwo azasubizwa ku Bitaro bya CHUK kongera kureba uko imvune izaba ihagaze ndetse no kugena igihe yazagarukira mu kibuga."
Alsény Camara w’imyaka w’imyaka 28 yakiniye amakipe akomeye y’iwabo nka Kaloum, Horoya AC, Hassania d’Agadir yo muri Maroc, na AS Dakar Sacré-Cœur na Guédiawaye FC yo muri Sénégal.
Yasinyiye Rayon Sports tariki 7 Ukuboza 2023, kugira ngo azibe icyuho cya ba rutahizamu batengushye Murera barimo Abanya-Uganda, Musa Esenu na Charles Baale, Rudasingwa Prince na Eid Mugadam watandukanye na yo kubera imyitwarire idahwitse.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!