00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rutsiro FC yahagaritse Umutoza Bizumuremyi

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 1 December 2025 saa 09:47
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa Rutsiro FC bwahagaritse umutoza Bizumuremyi Radjab mbere yo gukina na Al-Merreikh mu mukino wa Shampiyona uteganyijwe ku wa Gatatu, tariki ya 3 Ukuboza 2025.

Rutsiro FC yatsinze umukino umwe, inganya itatu, itsindwa undi muri itanu iheruka gukina muri Shampiyona.

Amakuru IGIHE yamenye iyavanye ku muntu wa hafi w’iyi kipe, yemeza ko ubuyobozi bw’iyi kipe bwamaze kwandikira umutoza bumumenyesha gusesa amasezerano.

Ati "Yahawe ibaruwa imusaba gusesa amasezerano kubera umusaruro mubi w’ikipe no kuba ahagaritse inshingano, hakarebwa uburyo bwo gutandukana burundu ku mpande zombi."

Nta gihe cya nyacyo cyatangajwe cyo kuba uyu mutoza ahagaritswe, gusa amasezerano y’impande zombi avuga ko uruhande rusabye gusesa amasezerano rubimenyesha urundi mbere y’iminsi 15.

Mu kiganiro Perezida wa Rutsiro FC, Nsanzineza Ernest, yagiranye na IGIHE mu Ukwakira, yari yavuze ko umutoza bakimufitiye icyizere ariko ko namara imikino itatu nta mpinduka bazicarana bakareba aho byerekeza.

Ikipe ya Rutsiro FC iri ku mwanya wa 16 n’amanota atandatu mu mikino icyenda imaze gukina, aho yatsinzemo umukino umwe wayihuje na Bugesera FC.

Umutoza Bizumuremyi Radjab yahagaritswe nyuma yo kumenyesha ko amasezerano ye azaseswa
Umusaruro nkene ni wo watumye Bizumuremyi ahagarikwa na Rutsiro FC
Rutsiro FC izakira Al-Merrikh ku wa Gatatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages