00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Seychelles yijeje kwitendeka kuri CAF yategetse ikipe yaho kujya gukinira muri RDC

Yanditswe na IGIHE
Kuya 7 September 2026 saa 10:14
Yasuwe :

Guverinoma ya Seychelles yatangaje ko yiteguye gusaba ibisobanuro Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) mu gihe ikipe yaho ya Pointe Larue Bazar Brothers yaterwa mpaga izira ko itagiye gukinira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi kipe yegukanye igikombe cy’igihugu muri Seychelles, yari gutangira urugendo rwayo ku wa 6 Nzeri 2026, ihura na DC Virunga y’i Goma mu mukino ubanza wa CAF Confederation Cup wari kubera i Lubumbashi.

Gusa inzego zishinzwe ubuzima muri Seychelles zafashe umwanzuro wo kutemerera abakinnyi n’abakozi ba Pointe Larue Bazar Brothers kuva mu gihugu, bitewe n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni icyemezo cyafashwe ku wa 2 Nzeri 2026 na Komiseri Mukuru ushinzwe Ubuzima muri Seychelles, Dr. Jude Gedeon, nyuma y’uko RDC ikomeje guhangana n’icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo kuva muri Gicurasi uyu mwaka.

Kugeza ubu ntiharamenyekana umwanzuro w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ku bijyanye n’uko uyu mukino uzagenda, niba uzimurirwa ku wundi munsi cyangwa niba hari ikindi cyemezo kizafatwa.

Ku rundi ruhande, itangazamakuru ryo muri Seychelles ryatangaje ko guverinoma y’iki gihugu yiteguye gusaba CAF ibisobanuro mu gihe hafatwa umwanzuro ubangamiye Ikipe ya Pointe Larue Bazar Brothers.

Mu byumweru bibiri bishize, iyi kipe yo muri Seychelles yamenyesheje CAF ko itazashobora kujya muri RDC, ndetse inasaba ko umukino wakwimurirwa muri Tanzania, ariko iterwa utwatsi.

Amategeko y’amarushanwa ya CAF ateganya ko mu gihe ikipe ititabiriye umukino ihabwa ibihano birimo guterwa mpaga y’ibitego 3-0, guhagarikwa kwitabira amarushanwa Nyafurika mu gihe cy’imyaka ibiri no gucibwa amande angana na 5000$ (7.351.535 Frw).

Ikipe ya Pointe Larue Bazar Brothers yari gukinira i Lubumbashi ku Cyumweru, ariko ubuyobozi bwa Seychelles buyitegeka kutava mu gihugu kubera icyorezo cya Ebola kiri muri RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages