00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Azam Rwanda Premier League yasubitswe

Yanditswe na

Peter Aimable

Kuya 9 December 2015 saa 03:37
Yasuwe :

Imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda Azam Premier league, yagombaga gukomeza gukinwa mu mpera z’iki Cyumweru yasubitswe kuko ikipe y’igihugu igiye gutangira umweherero wo kwitegura imikino ya CHAN.

Kuri gahunda ya shampiyona ni uko mu mpera z’iki cyumweru guhera ku wa Gatanu tariki ya 11 Ukuboza, hagombaga gukomeza shampiyona y’icyiciro cya mbere hakinwa umunsi wayo wa 10 ariko yamaze guhagarikwa.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (Ferwafa), Jean Olivier Mulindahabi, yatangaje ko shampiyona itazakinwa kugira ngo hategurwe ikipe y’igihugu izahagararira u Rwanda mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu gihugu (CHAN).

Mulindahabi yagize ati”Abatoza b’ikipe y’igihugu badusabye ko bagumana abakinnyi bitegura CHAN. Umutoza yavuze ko abaganga bagiye gukurikirana abakinnyi bafite ibibazo muri iki cyumweru noneho bagasubira mu mwiherero mu cyumweru gitaha.“

Yakomeje agira ati”Kubera gahunda y’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ifite mu rwego rwo kwitegura CHAN mu kwezi kwa Mutarama umwaka wa 2016, turabamenyesha ko shampiyona ibaye isubitswe, igihe izasubukurwa mukazabimenyeshwa mu gihe kiri imbere.”

Amavubi yegukanye umwanya wa kabiri muri Cecafa nyuma yo gutsindwa na Uganda Cranes igitego 1-0 ku mukino wa nyuma.

Irushanwa rya CHAN rizatangira tariki ya 16 Mutarama 2016 kugeza kuya 7 Gashyantare 2016 mu mujyi wa Kigali, Huye na Rubavu, aho amakipe 16 azaryitabira azaba agabanyije mu matsinda 4, aho u Rwanda ruri kumwe na Cote d’Ivoire, Gabon na Maroc mu itsinda rya mbere.

Emery wa APR FC ashaka uwo aha umupira
Police fc kimwe n'andi makipe agiye kumara igihe adakina
Abafana ba Rayon Sports bagaragaje kujya inyuma y'ikipe yabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages