00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Indi ntambwe muri Shampiyona ya Tanzania igiye kwisunga ikoranabuhanga rya FVS

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 13 July 2026 saa 07:47
Yasuwe :

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Tanzania (TFF), Wallace Karia, yemeje ko Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri iki gihugu izajya yifashishwamo ikoranabuhanga rifasha abasifuzi riri munsi y’irya VAR rizwi nka FVS (Football Video Support).

Shampiyona ya Tanzania ni imwe mu zikomeye muri Afurika. Mu rwego rwo kurushaho kuyikomeza, ubuyobozi bwayo bukaba bwifuza kunoza n’urwego rwayo rw’imisifurire.

Ni muri urwo rwego kuva mu mwaka w’imikino wa 2026/27, imikino yose igiye kujya iba iriho uburyo bufasha abasifuzi gufata ibyemezo bitabogamye, binyuze mu ikoranabuhanga rya FVS.

Uburyo bw’imikorere ya FVS bushoboka iyo ku kibuga hari camera zitandukanye, zihujwe n’insakazamashusho iri ku kibuga ku buryo umusifuzi areberamo ibikorwa byatambutse mu kibuga mbere yo gufata umwanzuro.

Ibi bitandukanye na VAR (Video Assistant Referee), aho haba hari ikipe y’abandi basifuzi bibutsa umusifuzi wo mu kibuga hagati kureba ku mashusho, kuko ho umusifuzi ni we wibwiriza akajyayo.

FVS ntabwo ikenera ibikoresho byinshi nka VAR, ndetse igihe abatoza b’amakipe yombi bemerewe gusaba umusifuzi kujya kurebaho inshuro ebyiri gusa mu mukino.

Tanzania ni cyo gihugu cya mbere kigiye gukoresha iri koranabuhanga muri Afurika, gusa ibihugu bitanu ari byo Tanzania, Afurika y’Epfo, Maroc, Misiri na Mauritania byo bikaba byifashisha VAR.

FVS ntabwo ikenera ubushobozi buhagije nka VAR
Amakipe yo muri Tanzania agiye kujya akina hari amashusho ashyira umucyo ku misifurire

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages