Abakinnyi b’Ikipe ya AS Kigali bakunze kenshi gutangaza ko badakina imikino ya shampiyona niba batishyuwe ibirarane by’imishahara y’amezi atatu baberewemo, gusa bikarangira baganiriye n’ubuyobozi bukabaha agahimbazamusyi na bo bakajya mu kibuga bijejwe ko mu minsi mike bazahembwa.
Team arrives at Kigali Peace Stadium for the season's final showdown." 💪#Citizens pic.twitter.com/UKQ2zhaT7D
— AS KIGALI (@AS_KigaliFC) May 9, 2024
Nyuma yo gukina umukino wo kwihishana mu mwaka wa shampiyona wose, abakinnyi b’ikipe ya As Kigali mu ntangiriro z’icyumweru gishize baje kubwira ubuyobozi ko noneho batazakina umukino w’umunsi wa 30 wa shampiyona bafitanye na Muhazi FC, kuko batizeye ko bawukinnye baba bagihawe amafaranga yabo.
Aba bakinnyi bari bamaze igihe badakora imyitozo kugera kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Gicurasi 2024, ubwo basurwaga n’uwahoze ari Perezida w’ikipe, Shema Fabrice.
Amakuru IGIHE ifite ni uko uyu muyobozi kuri ubu wagizwe Perezida w’icyubahiro w’abanyamujyi, yaje gusaba ko bamubarira ibirarane abakinnyi bishyuza asanga bisaga miliyoni 75 z’Amafaranga y’u Rwanda (74 560 000Frw) abemerera ko azayabishyurira rimwe yose mu cyumweru gitaha, maze na bo bemera kujya mu kibuga.
As Kigali iri gukina umunsi wa 30 wa shampiyona, iramutse itsinze yasoreza ku mwanya wa gatanu n’amanota 45 mu gihe ishobora kwisanga no ku mwanya wa karindwi mu gihe yatakaza maze Police na Kiyovu Sports ziyiri inyuma zigatsinda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!