00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

SP Ntakirutimana yagizwe Umunyamabanga Mukuru wa Police FC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 19 July 2026 saa 05:30
Yasuwe :

SP Diane Ntakirutimana usanzwe ari umuyobozi w’imikino muri Polisi y’u Rwanda, yagizwe Umunyamabanga Mukuru wa Police FC, asimbuye CIP Claudette Umutoni.

Hari hashize imyaka itatu CIP Claudette Umutoni ari Umunyamabanga Mukuru muri Police FC, ariko mbere y’uko umwaka w’imikino wa 2026/27 utangira, inshingano zahawe undi.

CIP Claudette Umutoni azasimburwa na SP Diane Ntakirutimana, wari usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’amakipe ya Volleyball, harimo iy’abagabo n’iy’abagore.

Asanze Police FC iri imwe mu makipe ari kwiyubaka ashaka kuzagira umwaka utaha mwiza, dore ko ushize wa 2025/26 yahuye n’ibibazo byo gutangira neza ariko igasoza nabi.

Uyu muyobozi asanze ikipe ya Polisi y’u Rwanda iherutse gutangaza ko yashyizeho Rutsindura Antoine ‘Mabombe’, nk’Umuyobozi Mukuru wa Tekinike muri iyi kipe.

Iyi kipe yasinyishije abakinnyi bashya barimo Moussa Limane, Keffa Tangara, Mzungu Japhet na Iddrisu Shaibu b’abanymahanga na Rushema Chris, Byishimo Valua na Rugwiro Kevin.

Ni mu gihe yongereye amasezerano ya Nsabimana Eric ‘Zidane’, Iradukunda Simeon, Niyongira Patience na David Chimezie.

SP Diane Ntakirutimana yagizwe Umunyamabanga Mukuru mushya wa Police FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages