Mbere y’uko umwaka w’imikino wa 2025/26, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyize iyi Stade iherereye mu Karere ka Rubavu, mu bibuga bitazakinirwaho Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu gihe nta gikozwe, kubera umwanda mwinshi yagaragazaga.
Ntibyari ubwa mbere kuko mu mpera za 2021, Minisiteri ya Siporo yigeze gufata icyemezo cyo guhagarika amakipe arimo Marine FC, Etincelles na Rutsiro FC kwakirira imikino ya Shampiyona kuri iyi stade kuko yari yarangiritse bitewe n’imitingito yakurikiye iruka ry’Ikirunga cya Nyiragongo, ku buryo yashoboraga gushyira ubuzima bw’abafana n’abakinnyi mu kaga.
Kuri izo nshuro zombi, ibibazo byarakemuwe, iyi Stade ifite ubushobozi bwo kwakira abafana 5000 bicaye neza, yongera kwemererwa kuberaho Shampiyona.
Nubwo bimeze bityo, uyu munsi iyo uyigezeho ubona ko yangiritse ndetse ikwiye gusanwa mu maguru mashya kuko birushaho kwiyongera uko bwije n’uko bukeye.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yabwiye IGIHE ko bagerageza kwita kuri iki gikorwaremezo ariko kukivugurura bisaba ingengo y’imari ihagije.
Ati “Stade Umuganda ni igikorwaremezo kinini, kibungabungwa/gisanwa n’Akarere mu buryo busanzwe (maintenance). Ariko ibyo ntibiba bihagije kuko nyuma y’igihe kinini haba hakenewe kuvugurura (rehabilitation), bisaba gutegurirwa ingengo y’imari ihagije.”
Si ikibazo cyo kwangirika kw’inyubako gusa kuko n’ahicara abakinnyi hashaje ndetse kuri ubu iyi stade ntishobora kwakira imikino yo mu ijoro kuko amatara yayo yajyanywe kuri Stade ya Huye ubwo yavugururwaga mu 2019.
Meya Mulindwa yavuze ko ikibazo cy’amatara kimaze iminsi gishakirwa umuti ndetse nta gihindutse cyakemuka muri Kanama uyu mwaka.
Ati “Kubona amatara biri mu nzira y’isoko (Procurement) ryatanzwe na Rwanda Housing Authority (RHA). Hatabayemo imbogamizi, byazarangira muri Kanama 2026.”
Stade Umuganda yubatswe n’umuganda w’abaturage mu 1982. Yavuguruwe bwa mbere mu 2011 igiye kwakira Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 17.
Yongeye kuvugururwa mu 2015 hitegurwa CHAN 2016 aho icyo gihe yanakiweho umukino wa gicuti wabaye nijoro, wahuje u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mbere y’uko irushanwa ritangira.
Mu mafoto: Reba uko Stade Umuganda imeze uyu munsi:
Amafoto: Umwari Sandrine



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!