00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sunrise FC ifite umutoza mushya yatsinze AS Kigali ikomeje kugana ahabi

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 5 November 2023 saa 08:42
Yasuwe :

Ikipe ya Sunrise FC ifite umutoza mushya w’Umunya-Uganda, Mayanja Jackson yatsinze AS Kigali igitego 1-0, bituma iyi kipe yo mu Mujyi wa Kigali ijya ku mwanya wa 15.

Ni umukino Umutoza Cassa Mbungo Andre wa AS Kigali yagaragayemo nyuma y’uburwayi yari amaranye iminsi bwatumye asiba umukino w’umunsi wa cyenda wa Shampiyona Ikipe y’abanyamujyi yatsinzwemo na Musanze FC igitego 1-0 kuri Stade Ubworoherane.

AS Kigali itari ifite Kimenyi Yves mu izamu yarindishije Niyonkuru Pascal usanzwe ari umunyezamu wa gatatu.

Kuri Sunrise FC yaburaga rutahizamu w’Umunya-Nigeria, Babua Samson ugishaka ibyangombwa byo gukorera mu Rwanda.

Umutoza Mayanja Jackson yari yakoze impinduka ebyiri ugereranyije n’uko ikipe isanzwe ikina, yahinduriye umwanya Uwambazimana Leon amukura hagati mu kibuga amushyira mu mutima wa ba myugariro ndetse na Byukusenge Jean Michel usanzwe akina imbere aca ibumoso amugarura inyuma ibumoso.

Amakipe yombi yatangiye umukino akinira hagati cyane agacishamo asatirana bya hato na hato, byatumye igice cya mbere kirangira ari 0-0.

Mu gice cya kabiri ku munota wa 66, Umunya-Ghana, Laab Paul Garia yacomekeye Umunya-Uganda, Yafeesi Mubiru umupira wihutaga maze uyu rutahizamu atera ishoti rikomeye ryaciye hasi, umunyazu wa AS Kigali, Niyonkuru Pascal abona inshundura zinyeganyega.

Cyari igitego cya mbere cya Rutahizamu Yafeesi Mubiru muri Shampiyona watsinze ibigera kuri 14 umwaka ushize.

Iki gitego rukumbi ni cyo cyabonetse muri uyu mukino.

Nyuma y’umukino Umutoza Mayanja Jackson yavuze ko abasore be bashyize mu bikorwa ibyo bari bateguye kandi biza kubahira.

Yagize ati" Umukino wari mwiza, twari twawiteguye abasore bakoze ibyo twari twumvikanye kandi byaduhiriye."

"Twahinduye uburyo dutereka abakinnyi mu kibuga ndetse ngerageza no gushyiramo amayeri yanjye. Ndakeka umutoza wabanje yarakinishaga 4-3-3 ariko nazanye ukundi bagomba guhagarara mu kibuga ndetse ni ibanga ryanjye kugeza umukino urangiye. Ndashaka kugira ibyo nkosorera gusa iyi kipe ni nziza cyane yatsinda Ikipe iyo ari yo yose muri Shampiyona, icy’ingenzi ni uko bagomba kumva neza ibyo bakina ndetse no kuzamura imitekerereze yabo bakumva ko babishoboye."

Nyuma yo gutsinda uyu mukino, Sunrise FC iracyari ku mwanya wa nyuma n’amanota icyenda n’umwenda w’ibitego bitandatu.

AS Kigali yatsinzwe uyu mukino iri ku mwanya wa 15, aho ibanziriza uwa nyuma n’amanota icyenda n’umwenda w’ibitego bine. Izakurikizaho kwakira APR FC, yakirwe na Mukura VS kuri Stade Huye na Etincelles FC kuri Stade Umuganda.

Abakinnyi babanje ku ruhande rwa Sunrise FC: Mfashingabo Didier, Nzabonimana Prosper, Uwambajimana Leon, Byukusenge Jean Michel, Nzayisenga Jean Damour, Yafes Mubiru, Habamahoro Vincent, Niyibizi Vedaste, Laab Paul Garia, Robert Mukoghotya na Ndoli Mico Kevin.

Abakinnyi babanje ku ruhande rwa Sunrise FC: Niyonkuru Pascal, Akayezu Jean Bosco, Bishira Ratif, Ndayishimiye Thierry, Rugirayabo Hassan, Benedata Janvier, Rucogoza Iriyasa, Nishimwe Blaise, Iyabivuze ozee, Kone Lottin na Elisa Ssekisambu.

Abatoza bombi, Cassa Mbungo Andre wa AS Kigali n'Umunya-Uganda, Mayanja Jackson wagizwe Umutoza wa Sunrise FC tariki 1 Ugushyingo 2023
Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku ruhande rwa Sunrise FC
Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku ruhande rwa AS Kigali
Abasifuzi b'umukino bafata ifoto y'urwibutso hamwe n'aba Kapiteni b'amakipe yombi, uwa AS Kigali, Bishirandora Ratif n'uwa Sunrise, Mfashingabo Didier
Rutahizamu wa AS Kigali Iyabivuze Osée agerageza gutera umupira ku mutwe, ahanganye n'abakinnyi ba Sunrise FC
Myugariro wa AS Kigali, Akayezu Jean Bosco arengura umupira
Rutahizamu wa AS Kigali Iyabivuze Osée ashyira umupira ku kirenge mu gihe yaregwaga na Myugariro wa Sunrise FC, Nzabonimana Prosper ko yaba yaraririye
Umusifuzi Mpuzamahanga Aline Umutoni asifura ikosa ryari rikozwe n'umukinnyi wa Sunrise FC
Umunyezamu akaba na Kapiteni wa Sunrise FC, Mfashingabo Didier
Team Manager wa AS Kigali Bayingana Innocent (iburyo) akurikiye umukino
Abakunzi ba AS Kigali ntabwo bishimiye imikinire y'Ikipe
Munyemana Hudu wahoze ari Umusifuzi Mpuzamahanga ni we wari Komiseri kuri uyu mukino
Perezida wa Sunrise FC, Hodari Hilary yari yaherekeje Ikipe ye i Kigali gukina na AS Kigali
Abakunzi ba Sunrise FC bamwenyuye nyuma yo guhindura umutoza
Rucogoza Iriyasa wa AS Kigali ahanganye na Niyibizi Vedaste akaba na Kapiteni wa gatatu wa Sunrise FC
Myugariro wa AS Kigali, Rugirayabo Hassan ahanganye na Rutahizamu wa Sunrise FC, Umunya-Uganda, Mukogotya Robert
Rutahizamu w'Umugande, Yafeesi Mubiru yarekuye ishoti Umunyezamu wa AS Kigali, Niyonkuru Pascal arikurikiza amaso rijya mu izamu
Rutahizamu w'Umugande, Yafeesi Mubiru yerekanye urutoki rumwe nk'igitego cya mbere atsinze muri Shampiyona nyuma y'imikino 10
Abasore ba Sunrise FC bishimira igitego cyatsinzwe na Rutahizamu, Yafeesi Mubiru (hagati)
Byari ibyishimo ku basore ba Mayanja Jackson bakoze urugendo rw'ibirometero 135 bakaza gutsinda AS Kigali kuri Kigali Pelé Stadium
Umutoza mushya wa Sunrise FC, Umunya-Uganda, Mayanja Jackson watsinze AS Kigali ku mukino we wa mbere nyuma y'iminsi ine gusa amaranye Ikipe ndetse n'iminsi ibiri gusa y'imyitozo yayikoresheje
Myugariro Rugirayabo Hassan na Ishimwe Fiston ukina hagati ba AS Kigali bahanganye na Rutahizamu wa Sunrise FC, Mukogotya Robert
Myugariro Rugirayabo Hassan ahanganye na Rutahizamu wa Sunrise FC, Umunya-Uganda Yafeesi Mubiru ari nawe watsinze igitego rukumbi muri uyu mukino
Nyuma y'umukino abatoza bombi uwa Sunrise FC, Mayanja Jackson n'uwa AS Kigali, Cassa Mbungo Andre basezeranyeho
Abakinnyi ba Sunrise FC ya nyuma ku rutonde rwa Shampiyona bashimishijwe n'aya manota atatu
Muhimpundu Rachid utoza abanyezamu ba Sunrise FC (ibumoso), Umutoza mukuru Mayanja Jackson (hagati) na Murenzi Patrick (iburyo) bishimira intsinzi
Perezida wa Sunrise FC, Hodari Hilary ahobera Umutoza mukuru Mayanja Jackson mu gihe Uwungirije Ntambi Ivan yabareberaga ku ruhande
Rutahizamu wa Sunrise FC, Yafeesi Mubiru, Umutoza mukuru Mayanja Jackson n'Umwungirije Ntambi Jackson bafata ifoto y'urwibutso nyuma y'umukino
Nyuma y'umukino Perezida wa Sunrise FC, Hodari Hilary ahobera Rutahizamu we Yafeesi Mubiru watsinze igitego cyahesheje Ikipe amanota atatu

Amafoto: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages