Hari nyuma yo kwegukana Igikombe cya RNIT Savings Cup gitegurwa na B&B Sports Agency aho Rayon Sports yatsinze mukeba wayo w’ibihe byose Kiyovu Sports ibitego 3-0, ku wa 8 Nzeri 2023.
Aganira na IGIHE, Tamale, watangiye muri iyi Kipe atitwara neza yavuze ko uko agenda akina imikino nyinshi arushaho kugaragaza ubushobozi bwe ndetse anashimira abafana bamwihanganiye igihe atari ahagaze neza.
Yagize ati "Ni abafana beza cyane, ndabashinira cyane uburyo banyakiriye nkiza, bafite urukundo rw’ikipe kandi barwerekana mu buryo bwihariye.’’
Uyu munyezamu ukomoka muri Uganda yageze muri Rayon Sports muri Nyakanga 2023 avuye muri Maroons FC y’iwabo.
Akigera muri Gikundiro ntiyahiriwe n’iminsi ye ya mbere mu ikipe ahanini kubera uko yitwaye mu mikino ya mbere, agaragaza guhuzagurika.
Yagize ati "Nkiza ntibyagenze neza ariko nk’umukinnyi ndetse n’umugabo mba ngomba guhangana n’izo ngorane zose. Habaye byinshi gusa mba ngomba kubiha igihe."
"Kugeza ubu maze gukina imikino myinshi ya gicuti n’uyu reka nywite uwa gicuti kuko si irushanwa. Uretse uwa Vital’o ninjijwe igitego, itatu muri yo harimo n’uyu nta gitego ninjijwe. Mfite icyizere ko bizagenda neza no mu mikino itaha."
Simon Tamale yongeyeho ko yatunguwe n’umubare munini w’Aabafana ba Rayon Sports buzura stade kuko iwabo bidasa n’ibyo.
Yagize ati "Ni umwaka wanjye wa mbere nkina mu Rwanda, ni ubwa mbere nakinira imbere y’imbaga y’abafana bangana batya, ni bishya kuri njye, si ko bimeze iwacu."
"Wenda ku Ikipe y’Igihugu yacu, yego wabibona ariko kuri ’club’ usanga ari bake cyane. Ndabashimira ubwitange bahorana, urukundo batwereka kandi na twe tuzagerageza kubasubiza tubaha ibyishimo n’ibikombe."
Tamale w’imyaka 28 yaje amaze kureshywa na bagenzi be bakomoka mu gihugu kimwe ndetse ni bo bamufashije kumenyera ubuzima bwa Kigali n’Igihugu muri rusange.
Yagize ati "Umubano wanjye na Ojera na Esenu ni mwiza cyane. Ni bo bangiriye inama yo kuza hano kandi nasanze narafashe icyemezo cyiza."
"Iyo tuganira tuba twishimye duseka, dusubiza ibihe inyuma uko twahuraga kenshi muri ruhago ya Uganda. Mu Rwanda twitsa cyane ku bafana bacu, imikinire yacu ndetse n’ukuntu Shampiyona ya hano ikomeye cyane bitandukanye n’uko abari hanze y’iki gihugu babikeka."
Simon Tamale umaze kwegukana ibikombe bibiri mu mezi atatu gusa amaze muri Gikundiro ari mu bakinnyi Rayon Sports izahagurukana berekeza muri Libya gukina na Al Hilal Benghazi SC mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup ya 2023-24.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!