00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

TAS yatesheje agaciro ikirego Adil yarezemo APR FC

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 April 2024 saa 03:32
Yasuwe :

Urukiko rushinzwe gukemura impaka muri Siporo ku Isi (TAS), rwatesheje agaciro ubujurire Umunya-Maroc, Mohamed Adil Erradi, yarezemo APR FC ayishinja kumuhagarika binyuranyije n’amategeko mu 2022.

Mohammed Adil yareze APR FC mu Rukiko rw’Ubujurire rwa TAS muri Kamena 2023 nyuma y’uko iki kirego na FIFA yagitesheje agaciro muri Gucurasi 2023.

Mu Ukuboza 2023, abakinnyi batatu ba APR FC; Umunyezamu Ishimwe Pierre, Myugariro Ndayishimiye Dieudonné na Ruboneka Jean Bosco ukina hagati mu kibuga, bavuye mu Rwanda bajya mu Busuwisi gutanga ubuhamya ku byo APR FC yarezwemo na Adil Erradi Mohammed.

Amakuru agera ku IGIHE yemeza ko TAS ijya gufata umwanzuro wo gutesha agaciro iki kirego yagendeye ku kuba nyuma yo guhagarikwa, Mohammed Adil yarahise yivumbura agasubira iwabo nta ntambwe n’imwe ateye yo kwerekana akarengane ke.

Iby’iki kirego bikaba byahise bishyirwaho akadomo kuko TAS yagaragaje ko ibyo uyu mutoza w’Umunya-Maroc aburana nta shingiro bifite.

Tariki 14 Ukwakira 2022, ni bwo APR FC yahagaritse mu kazi mu gihe kingana n’ukwezi Adil Erradi Mohammed wavuzweho guteza umwuka mubi no guhindanya isura y’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu.

Ni icyemezo uyu Munya-Maroc yavuze ko atishimiye kuko cyafashwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko gishingiye ku itegeko rigenga umurimo mu Rwanda mu gihe we ari umutoza mpuzamahanga w’umupira w’amaguru ugengwa n’amategeko y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).

Adil Mohammed utaranyuzwe n’uko yafashwe, yahisemo gusubira iwabo muri Maroc tariki 23 Ukwakira 2022 nyuma y’amezi 38 n’ibyumweru bitatu yari amaze mu Ikipe y’Ingabo z’Igihugu. Icyo gihe yavuze ko atazagaruka ahubwo ko igihe ari cyo kizabigena.

Adil yageze mu Rwanda muri Kanama 2019, ahava muri Ukwakira 2022 yegukanye ibikombe bitatu bya Shampiyona harimo bibiri bya mbere yatwaye yikurikiranya adatsinzwe.

TAS yatesheje agaciro ubujurire bwa Erradi Adil Mohammed washinjaga APR FC kumuhagarika binyuranyije n'amategeko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages