Nubwo impamvu yo gutandukana kw’impande zombi itaramenyekana, amakuru agera kuri IGIHE yemeza ko kuri ubu uyu rutahizamu atakibarizwa muri iyi Kipe.
Amakuru yizewe avuga ko Shabalala azaguma muri Libya mu gihe cy’icyumweru kimwe ari kuvugana n’amakipe amwifuza azabone gufata rutemikirere asubira i Burundi.
AS Kigali ifite ikibazo cya ba rutahizamu itegereje ikizava mu biganiro hagati ya Tchabalala n’amakipe yo muri Libya amwifuza hanyuma nayo ikabona gutangira ibiganiro na we.
Tchabalala usanzwe akinira Ikipe y’Igihugu y’u Burundi, Intamba ku Rugamba, yakiniye amakipe y’iwabo nka Flambeau de l’Est, Vital’O nyuma yerekeza mu Rwanda mu Amagaju FC, Rayon Sports yamenyekaniyemo cyane mu 2018. Yahavuye yerekeza muri Baroka FC yo muri Afurika y’Epfo akomereza muri Ethiopian Coffee yo muri Ethiopia, yavuyemo agaruka mu Rwanda muri AS Kigali.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!