00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Thierry Froger utoza APR FC yatezwe umukino wa Mukura VS

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 13 October 2023 saa 12:33
Yasuwe :

Umutoza wa APR FC, Thierry Froger Christian, yatezwe umukino wa Mukura VS nka nyirantarengwa, atawutsinda agashyirwa ku ruhande.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 13 Ukwakira 2023, saa Kumi n’Ebyiri, ni bwo APR FC yakira Mukura VS kuri Kigali Pelé Stadium, hakinwa umukino w’Umunsi wa Karindwi wa Shampiyona.

Ubuyobozi bwa APR FC bwabwiye Umutoza Thierry Froger ko agomba gutsinda umukino wa Mukura Victory Sports cyangwa akirukanwa.

Uyu mutoza yatezwe uyu mukino mu gihe umusaruro we ukomeje kudashimisha abafana b’Ikipe y’Ingabo ndetse n’ubuyobozi bwayo.

Froger umaze gukina imikino 10 mu mezi atatu amaze atoza APR FC yatsinzemo ine, anganya ine, atsindwa ibiri irimo uwa Super Cup na Rayon Sports ibitego 3-0 ndetse no kunyagirwa na Pyramids FC ibitego 6-1.

Amakuru yizewe agera ku IGIHE yemeza ko nyuma yo kunganya na Bugesera FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa gatandatu ku wa Kabiri, tariki 10 Ukwakira 2023, ku munsi wakurikiyeho habaye inama yahuje ubuyobozi bw’iyi Kipe yaganiriwemo umusaruro w’umutoza utishimiwe n’ikipe birangira bufashe umwanzuro wo kumuha umukino wa Mukura VS.

Impamvu Thierry Froger atishimiwe mu ikipe ni ukwitwara nabi bya hato na hato n’aho bitari ngombwa nko ku mikino igaragarira mu mboni ya benshi ko APR FC itakabaye itakaza amanota. Aha harimo Marines FC, Bugesera FC ndetse no kunyagirwa na Pyramids FC nyamara yaraguriwe abakinnyi b’abanyamahanga bakomeye. Uyu musaruro ntiwigeze urangwa mu ikipe yari igizwe n’Abanyarwanda gusa kuko hari n’igihe yamaze imikino 50 idatsindwa.

Byitezwe ko igihe Mukura VS yaramuka itsinze APR FC ku wa Gatanu, tariki 13 Ukwakira 2023, hakorwa impinduka zirimo no kuba Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Ingabo Thierry Froger n’Umwungiriza we Karim Khouda bashobora kwerekwa umuryango hagasigara uwongera imbaraga gusa Umunya-Tunisia, Adel Zrane.

Nyuma yo kunganya na Bugesera FC igitego 1-1, abafana ba Nyamukandagira bongeye gusaba ubuyobozi bw’ikipe kwirukana umutoza kuko umusaruro we udashamaje.

APR FC ni iya kabiri ku rutonde rwa Shampiyona n’amanota 11 mu gihe Mukura VS yakira yo iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota icyenda.

Umufaransa Thierry Froger utoza APR FC yatezwe umukino wa Mukura VS

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages