00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Froger yatunguwe n’imikinire ya APR FC, atanga ubutumwa bukomeye mbere yo gukina na Kiyovu

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 16 April 2024 saa 03:40
Yasuwe :

Umutoza w’ikipe ya APR FC, Thierry Christian Froger, yatangaje ko abakinnyi be bakomeje gukina nk’uko bakinnye ku mukino wa AS Kigali batazigera bagera mu matsinda ya CAF Champions League kandi ari zo ntego z’iyi kipe atoza.

Ibi Froger uyoboye shampiyona kugeza ubu adatsinzwe, yabitangarije itangazamakuru ubwo yabonaga ikipe ye yishyurwa igitego ku munota wa nyuma, mu mukino yanganyijemo na AS Kigali 2-2 bigatuma bidindiza ibirori byayo by’igikombe.

Nyuma y’umukino Froger yavuze ko abakinnyi be batitanze uko bikwiye kandi iyo ukinira APR FC uba ugomba kugaragaza imbaraga buri mukino.

Ati “Twagakwiye kuba tuzi ko amakipe akina natwe yose aba yashyizemo ingufu. Ikibazo kuri njye ni uko buri gihe bivugwa ko abo duhanganye usanga ari bo baba bashaka gutsinda kuturusha."

"Njye simbizi, ubundi iyo uri umuntu ushaka intsinzi uba ugomba gushaka gutsinda buri mukino, iyo utabikoze ukinira APR FC biba ari ikibazo ku bijyanye n’ejo hazaza kuko ni ikipe iba ishaka gutsinda buri mukino”.

Uyu mufaransa uko byagenda kose uzahesha APR FC igikombe cya 22 cya shampiyona, yavuze ko abakinnyi be bakomeje gukina nk’uko bakinnye ku mukino wa AS Kigali, byarangira inzozi zabo zo kurenga icyiciro bagarukiyemo mu marushanwa nyafurika zitaba impamo.

Ati “Abakinnyi bagombaga guha ubutumwa abayobozi niba APR FC ya 2023-2024 ishobora kuba ikipe yakwitwara neza mu mikino nyafurika ikarenga aho yageze ubushize.”

“Ku bwanjye nkurikije umukino w’uyu munsi nagizeho impungenge, bose nta bushobozi bagaragaje mvugishije ukuri, twagaragaje ingufu nke kandi muri Afurika iyo ubikoze urabihanirwa ni ngombwa ko duhindura ku mukino ukurikira”.

Thierry Froger na APR FC bazahura na Kiyovu Sports kuri uyu wa Gatandatu mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona aho iyi kipe y’ingabo z’igihugu isabwa inota rimwe ryonyine ikegukana shampiyona ya gatanu yikurikiranya. Umukino ubanza wahuje amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1.

Abatoza ba APR FC ngo ntibanyuzwe n'imikinire y'abakinnyi imbere ya AS Kigali
Shibboub na bagenzi be ngo batagize icyo bahindura ntacyo bazageraho mu mwaka utaha
APR FC yari yaje yambariye igikombe
Abakunzi ba APR FC bari bizeye intsinzi birangira batashye bimyiza imoso
Hafashwe umunota wo kwibuka uwari umutoza wa APR FC, Dr Adel Zrane
Victor Mbaoma yabonye inshundura nyuma y'igihe
Abakinnyi ba APR FC ngo bagaragaje imikinire itari myiza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages