Thierry Henry yabikoze mu ijoro ryakeye mu mukino ufungura Shampiyona ya Major League Soccer (MLS), mu rwego rwo kwibuka no guha agaciro ubuzima bw’abirabura barimo George Floyd wishwe mu kwezi kwa gatanu anigishijwe ivi n’umupolisi w’umuzungu muri Leta ya Minnesota, bigateza imyigaragambyo.
Umwanya Thierry yamaze apfukamye ungana n’igihe umupolisi Derek Chauvin yapfukamiye ku ijosi ry’umwirabura George Floyd, byarangiye yitabye Imana nubwo abashinjacyaha bo muri leta ya Minnesota bavuze ko nyuma y’iperereza basanze uriya mupolisi yarashinze ivi kuri Floyd mu gihe cy’iminota 7:46.
Thierry yavuze ko impamvu yapfukamye ari ukugira ngo ashyigikira gahunda yo kwamagana irondaruhu rikorerwa abirabura.
Ati "Ndibaza ko muzi impamvu, byari ukubahiriza no gushyigikira iyo mpamvu. Ntakindi.”
Nyuma y’umukino wa New England Revolution ikipe ye yatsinzwemo igitego 1-0, Thierry yatangaje ko yibuka neza ko mu myaka yashize bamutukaga ari mu kibuga kubera ibara ry’uruhu rwe.
Ku mukino w’ejo kuwa Kane, Henry yari yambaye umupira wanditseho "Black Lives Matter", akaba yarapfukamye mu mwanya wagenewe abatoza ku kibuga mu rwego rwo gushyigikira iyi gahunda.
Ku yindi mikino imwe n’imwe yabaye ya MLS, abakinnyi nabo bagaragaje ibikorwa bitandukanye byo kwifatanya n’iyi gahunda yo kwamagana ivangura rishingiye ku ruhu.
Kuzamura ukuboko kw’iburyo bafunze igipfunsi bamagana ivangura rishingiye ku ruhu, byakozwe mu mikino Olempiki yo mu 1968 muri Mexico n’abakinnyi b’Abanyamerika John Carlos na Tommie Smith.
Byahise bihuzwa n’inkubiri yo kwamagana ivanguraruhu izwi nka ’Black Power movement’ yari ikomeye cyane mu myaka ya 1960 na 70, ubu bihuzwa na ’Black Lives Matter’.
Imikino ya MLS yongeye gusubukurwa nyuma y’uko ihagaritswe muri Werurwe kubera icyorezo cya Coronavirus, ikaba iri kubera ahantu habugenewe hatari abafana.



















TANGA IGITEKEREZO