00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tombola ya CHAN izabera i Kigali mu Gushyingo

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 10 August 2015 saa 12:58
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika “CAF” ryemeje ko tombola y’uko amakipe azahura mu gikombe cy’Afurika cy’abakina imbere mu gihugu “CHAN” izabera i Kigali tariki ya 18 Ugushyingo 2015.

Inteko rusange ya CAF yabereye i Cairo tariki ya 6 Kanama 2015 yemeje ko amakipe azitabira iyi mikino izabera mu Rwanda azatomborana kuya 18 Ugushyingo 2015 i Kigali habura amezi abiri ngo irushanwa ritangire.

CAF yemeje ko intumwa zayo zizaba ziri mu Rwanda mu matariki ya 23-27 Kanama 2015 kureba aho imyiteguro igeze no kugirana ibiganiro na komite iri gutegura iri rushanwa rizakinwa kuva tariki ya 16 Mutarama kugera kuya 7 Gashyantare 2016.

Stade zose zizakinirwaho iyi mikino; Amahoro, stade ya Kigali, Huye n’Umuganda zabanje kuvugururwa ndetse hatunganywa ibibuga by’imyitozo nka Kamena n’ikibuga kiri hafi ya stade Amahoro.

Tombola y'uko amakipe azahura muri CHAN 2016 izabera i Kigali tariki ya 18 Ugushyingo 2015

Kugeza ubu Maroc na Libya yatwaye iki gikombe mu 2014 niyo makipe amaze kubona itike yo kuza mu Rwanda bahagarariye agace k’Amajyaruguru y’Afurika naho mu Burasirazuba ijonjora rya nyuma rizaba mu Ukwakira Uganda ikina na Sudani naho u Burundi buhure na Ethiopia izitsinze zibone itike.

Ni ku nshuro ya kane hazaba hakinwe iki gikombe cy’Afurika, mu 2009 muri Cote d’Ivoire cyatwawe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tuniziya mu 2011 bakinira muri Sudani naho iriheruka ryatwawe na Libya muri Afurika y’Epfo.

Kenya niyo izakira iyi mikino mu 2018 na 2020 rikinirwe muri Ethiopia.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages