Ni umukino wakiniwe ku kibuga cya Tony FA giherereye mu Karere ka Musanze, witabirwa n’abarimo Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien.
Mu ntangiriro z’umukino ku munota wa gatanu, Tony FA yahise igera imbere y’izamu ariko habaho kutumvikana hagati ya Dushime Jean Claude na Mugunga Daniel, birangira umunyezamu wa Umutara FC, Itangishaka Dieudonne, awufashe.
Nyuma y’iminota mike gusa, ubwugarizi bwa Tony FA bwakoze amakosa yo gutakaza umupira, ufatwa na rutahizamu wa Umutara FC, Dusengumukiza Jean Claude, ateye mu izamu ufatwa na Mutangwa Cedrick wari mu izamu ry’iyi kipe yari iwayo.
Mugunga Daniel wa Tony FA yahushije igitego cyari cyabazwe ku munota wa 22, ubwo yaherezwaga umupira na Sheja Djibril, ananirwa kuwushyira mu izamu kandi arebana na ryo, ahubwo awutera hejuru.
Ku munota wa 40, Umutoza wa Umutara FC, Ndayizeye Theoneste, yakoze impinduka akura Twahirwa Robert wari rutahizamu unyura mu mpande, mu kibuga ashyiramo Mugabo Anthony.
Tony FA yahise ihusha igitego, ubwo Dushime Jean Claude yacengaga abakinnyi ba Umutara FC, ahereza umupira Huzayifa Mugisha, ateye ishoti rikubita umutambiko w’izamu.
Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0, mu cya kabiri ku munota wa 49, Umutara FC ibona igitego cyatsinzwe na Dusengumukiza Jean Claude ariko umusifuzi avuga ko yari haraririye.
Igitego cya mbere cyabonetse muri uyu mukino cyatsinzwe na kapiteni wa Tony FA, Sheja Djibril, wazamukanye umupira wenyine, ahita awushyira mu izamu ku munota wa 55.
Umutoza wa Tony FA, Fabio Andre d’Almeida, yahise akora impinduka akuramo Abanganyimana Arnauld na Mutagoma Karasira Sept, ashyiramo Nuwayo Eliades na Iradukunda Cedrick.
Ni mu gihe Umutara FC yakuyemo Dusengumukiza Jean Claude ashyiramo Munezero Jean Baptiste. Uyu yongereye imbaraga mu busatirizi, bituma barusha Tony FA yari yasubiye inyuma ikina isa n’iyugarira.
Tony FA yari itsinze igitego cya kabiri ku makosa yakozwe n’Umunyezamu wa Umutara FC, Itangishaka Dieudonne, ariko ishoti Iradukunda Cedrick wa Tony FA yohereje mu izamu rijya hanze yaryo.
Umukino warangiye ari igitego 1-0, byatumye Tony FA igira amanota icyenda ku rutonde rw’amakipe ane yakinnye kamarampaka, ikurikira Imanzi FC ifite amanota 10, Muhisimbi yatsinze Imanzi ibitego 3-1 igira amanota umunani, mu gihe Umutara FC yagiye ku mwanya wa nyuma n’amanota atandatu.
Amafoto: Kasiro Claude
Ndacyayisenga Emmanuel



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!