Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati (CECAFA) yatangaje ko Irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ry’uyu mwaka, rizitabirwa n’amakipe 16 arimo atatu yatumiwe.
Kuri uyu wa 10 Kamena, ubuyobozi bw’iyi Mpuzamashyirahamwe bwatangaje ko ‘CECAFA Kagame Cup 2024’ itakibaye kuva tariki ya 20 Nyakanga kugeza ku ya 4 Kanama, ahubwo yimuriwe hagati ya tariki ya 6 n’iya 22 Nyakanga 2024 kubera imikino myinshi iri ku ngengabihe ya CAF.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wa CECAFA, John Auka Gecheo, yagize ati “Iri rushanwa rizafasha amakipe yacu muri Zone kwitegura neza mu ntangiriro z’umwaka w’imikino mbere y’uko CAF Champions League na CAF Confederation Cup ya 2024/25 bitangira muri Kanama. Kuba hazitabira amakipe akomeye yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Malawi na Zambia bizariryoshya kurushaho.”
Iri rushanwa ryatumye CECAFA y’ibihugu yari iteganyijwe kuva tariki ya 29 Kamena kugeza ku ya 14 Nyakanga ikurwaho kugira ngo amakipe abashe kwitegura neza Kagame Cup.
Ubwo iri rushanwa ryaherukaga kuba mu 2021, Express FC yo muri Uganda yaryegukanye itsinze Nyasa Big Bullets yo muri Malawi igitego 1-0.
Amashyirahamwe ya Ruhago agize CECAFA ni irya Kenya, Uganda, Tanzania, Sudani y’Epfo, Sudani, Ethiopia, Eritrea, Zanzibar, Somalia, u Rwanda, u Burundi na Djibouti.
Kuri ubu, APR FC ni yo izahagararira u Rwanda muri iri rushanwa nyuma yo kwegukana Shampiyona ya 2023/24.
Amakipe 16 azarikina ni Vital ’O (Burundi), APR FC (Rwanda), El Merreikh, Al Hilal, Hai El Wadi (Sudani), Young Africans SC, Simba SC, Azam FC, Coastal Union FC (Tanzania), Gor Mahia FC (Kenya), SC Villa (Uganda), JKU SC (Zanzibar), El Merreikh FC-Bentiu (Sudani y’Epfo), Nyasa Big Bullets FC (Malawi), TP Mazembe (DR Congo) na Red Arrows FC (Zambia).



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!