00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tuyisenge yagejeje Gor Mahia muri ¼ cya CAF - Uko abanyarwanda bakina hanze bitwaye

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 18 March 2019 saa 08:20
Yasuwe :

Impera z’icyumweru twaraye dusoje zagendekeye neza bamwe mu banyarwanda bakina hanze dore ko Gor Mahia ikinamo Jacques Tuyisenge yaraye igeze muri ¼ cya CAF Confederation Cup nyuma y’uko na Simba SC ikinamo Haruna Niyonzima na Kagere Meddie yo yageze muri ¼ cya CAF Champions League.

  Kagere na Haruna bafashije Simba SC kugera muri ¼ cya CAF Champions League

Mu mukino wabaye ku wa Gatandatu muri Tanzania, Simba SC ikinamo aba banyarwanda bombi, yatsinze Vita Club ibitego 2-1, ibona itike yo kugera muri ¼ cy’iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane wa Afurika.

Meddie Kagere yakinnye iminota yose y’uyu mukino mu gihe Haruna Niyonzima yakinnye iminota 33 y’igice cya kabiri nyuma yo kwinjira mu kibuga asimbura Emmanuel Okwi, anagira uruhare mu gitego cya kabiri cyabahesheje itike.

  Tuyisenge Jacques yaraye afashije Gor Mahia kwerekeza muri ¼ cya CAF Confederation Cup

Umwaka ushize ntabwo byabakundiye kuko Rayon Sports bari kumwe mu itsinda ariyo yakomeje muri iki cyiciro, ariko ku nshuro ya kabiri babigerageza, Gor Mahia ibifashijwemo n’Umunyarwanda Jacques Tuyisenge yaraye igeze muri ¼ .

Mu mukino bari bakiriyemo Atlético Petróleos de Luanda muri Kenya, Jacques Tuyisenge yatsinze penaliti yabonetse ku ruhande rwa Gor Mahia ku munota wa 58, batsinda igitego 1-0.

Gor Mahia yahawe amakarita abiri atukura, aho Ernest Wendo yahawe iya mbere ku munota wa 36 naho Shafik Batambuze ahabwa indi habura iminota 15 ngo umukino urangire.

  Djihad Bizimana na Waasland- Beveren batakaje umukino wabonetsemo ibitego birindwi

Waasland- Beveren ikinamo umunyarwanda Bizimana Djihad yaraye yerekeje ku kibuga cya Standard Liège, ihatsindirwa ibitego 4-3 mu mukino w’umunsi wa 30 wa shampiyona.

Djihad ntiyagaragaye mu mukino kuko yari ku ntebe y’abasimbura. Ikipe ye iri ku mwanya ubanziriza uwa nyuma (15) n’amanota 27 inganya na Oostende ya 14, ikarushwa inota rimwe na Cercle Brugge ya 13 n’amanota 28.

  Muri Kenya na Misiri bararuhutse

Abandi bakinnyi b’abanyarwanda barimo Ndayishimiye Eric ‘Bakame’, umutoza Cassa Mbungo André, Kayumba Soter, Mvuyekure Emery, Muzerwa Amini na Mugabo Gabriel bakina muri Kenya, amakipe yabo ntabwo yakinnye mu mpera z’iki cyumweru ahubwo afite ibirarane azakina mu cyumweru gitaha.

El Dakhleya Sporting Club yo mu Misiri ikinamo Muhire Kevin na FC Tubize yo mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi, ikinamo Nirisarike Salomon na zo ntabwo zakinnye.

  Rwatubyaye ategereje gukina umukino wa mbere muri Sporting Kansas City

Ku nshuro ya gatatu, myugariro Rwatubyaye Abdul yongeye kubanza ku ntebe ubwo ikipe ya Sporting Kansas yanganyaga na Colorado Rapids igitego 1-1 mu mukino wa Major League Soccer wabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere.

Iyi kipe ye ikaba iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota ane mu mikino itatu imaze gukinwa muri Major League Soccer muri Western Conference.

  Benshi muri aba bategerejwe mu Mavubi

Umunyezamu Mvuyekure Emery, ba myugariro; Rwatubyaye Abdul na Nirisarike Salomon, Djihad Bizimana na Muhire Kevin bakina hagati, Tuyisenge Jacques na Kagere Meddie bashaka ibitego, nibo banyarwanda bakina hanze bahamagawe mu ikipe y’igihugu yitegura umukino wa Côte d’Ivoire uzaba ku wa Gatandatu mu gushaka itike ya CAN 2019 izabera mu Misiri.

Tuyisenge Jacques yashyizwe mu bicu n'abafana ubwo bari bamaze kubona itike yo kurenga amatsinda
Tuyisenge yagiye kureba umwana wamusabye ko atsinda igitego agataha akajya gukora umukoro yahawe
Tuyisenge yamuhaye umupira yari yambaye
Kagere Meddie yakinnye iminota yose y'umukino batsinzemo Vita Club ku wa Gatandatu
Rwatubyaye ntabwo aratangira kubona umwanya wo gukina mu ikipe ya Sporting Kansas City
Rwatubyaye yari ku ntebe y'abasimbura ba Sporting Kansas City

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages