00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Budage buracakirana na Portugal, Nigeria ikine na Iran naho Ghana ihure na USA

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 16 June 2014 saa 03:19
Yasuwe :

Ku munsi wa gatanu w’igikombe cy’Isi, harakinwa itsinda G, u Budage bwatwaye umwanya wa gatatu mu gikombe cya 2010 burakira Portugal ya Cristiano Ronaldo naho Nigeria yatwaye igikombe cy’Afurika 2013 ikine na Iran.
U Budage vs Portugal saa 18.00 @ Arena Fonte Nova
Kapiteni wa Bayern Munich Philipp Lahm n’umunyezamu we, Manuel Neuer bakize imvune bagiriye mu mukino wa gicuti wateguraga igikombe cy’Isi kimwe nka kapiteni wa Portugal, Cristiano Ronaldo wari ugite imvune kuva ku mukino wa (…)

Ku munsi wa gatanu w’igikombe cy’Isi, harakinwa itsinda G, u Budage bwatwaye umwanya wa gatatu mu gikombe cya 2010 burakira Portugal ya Cristiano Ronaldo naho Nigeria yatwaye igikombe cy’Afurika 2013 ikine na Iran.

U Budage vs Portugal saa 18.00 @ Arena Fonte Nova

Kapiteni wa Bayern Munich Philipp Lahm n’umunyezamu we, Manuel Neuer bakize imvune bagiriye mu mukino wa gicuti wateguraga igikombe cy’Isi kimwe nka kapiteni wa Portugal, Cristiano Ronaldo wari ugite imvune kuva ku mukino wa nyuma wa champions league.

Ikibazo cy’amakuru ku mvune ya Ronaldo yagiye atavugwaho rumwe. Ronaldo yatangaje ko nyuma yo kudahirwa n’igikombe cyo mu 2006 na 2010 yizeye ko Portugal izakora byinshi kandi byiza.

Umutoza w’u Budage Joachim Low avuga ko afite icyizere cyo gukuraho imyaka 18 ishize Abadage badatwara igikombe cy’Isi nubwo muri bitatu biheruka bageraga nibura muri ½.

Kapiteni wa Bayern Munich Philipp Lahm yakize neza nyuma y'imvune yagize mu mukino wa gicuti
Atsinze igitego, Miroslav Klose yaba agize ibitego 15 akanganya na Ronaldo wa Brazil

Mu mikino 17 yahuje aya makipe, Portugal yatsinzemo itatu itsindwa 9. Mu bikombe bitatu bikomeye baheruka guhuriramo u Budage bwatsinze hose, mu gikombe cy’Isi mu 2006 no mu cy’u Burayi 2008 na 2012.

Kuri uyu mukino u Budage buruzuza umukino wa 100 mu gikombe cy’Isi, mu gihe igitego cy’umudage Miroslav Klose cyakuraho umuhigo w’ibitego 15 muri iki gikombe byatsinzwe na Ronaldo wa Brazil.

Kuva mu 1990, u Budage bwatsinze buri mukino ubanza batsindamo nibura ibitego 4. Mu mikino 18 yo mu matsinda, u Budage buheruka gukina bwatsinzwemo umwe na Serbia mu 2010.

Nibura amakipe abiri ari kumwe na Portugal mu itsinda G yayitsinze mu bikombe byabanje, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu 2010 n’u Budage mu 2006.

Cristiano Ronaldo atsinze igitego yaba ageze ikirenge mu cy’Umudage Jurgen Klinsmann, utoza Leta Zunze z’Amerika (USA) watsinze muri buri rushwanwa muri 6 akomeye, icy’u Burayi mu 2004, 2008 na 2012 no mu gikombe cy’Isi 2006 na 2010.

Cristiano Ronaldo yagize imvune mu ivi ku mukino wa champions league arakina n'u Budage

Abakinnyi bashobora kubanzamo

Amakipe yose yo mu Budage yahuye na Cristiano muri champions league yayatsinze igitego, Schalke, Borussia Dortmund na Bayern Munich.

Nigeria vs Iran saa 21.00 @ Arena da Baixada

Nigeria yatwaye igikombe cy’Afurika mu 2010, ikipe ya gatatu ihagarariye uyu mugabane igiye gukina, irahura na Iran. Cameroun yatsinzwe na Mexique naho Cote d’Ivoir itsinda u Buyapani.

Mbere y’uko iyi mikino itangira myugariro wa Nigeria, Uwa Echiejile yaravunitse asimburwa na Juwon Oshaniwa.

Myugariro wo hagati Kenneth Omeruo ashobora gukina mu gihe Ruben Gabriel bitaremezwa iby’imvune ye. Myugariro wa Iran, Hashem Beikzadeh ntarakira neza ku buryo yakina.

Iran niyo kipe yabonye itike y’igikombe cy’Isi ikamara imikino myinshi itinjijwe igitego mu gihe Nigeria ariyo yatsinze ibitego bike.

Aya makipe yahuye inshuro imwe mu mukino wa gicuti mu 1998, Nigeria itsinda ku gitego cya Ahmed Garcia.

Iran itozwa na Carlos Queiroz watoje Portugal na Afurika y'Epfo wabaye umwungiriza wa Ferguson muri Manchester United

Mu mikino itatu ibanza bakinnye mu bikombe by’Isi bitabiriye, Iran yayitsinzwe yose, mu mikino 9 bakinnye mu gikombe cy’Isi batsinzwe 6 banganya ibiri.

Nigeria ntiratsinda mu mikino 8 baheruka gukina mu gikombe cy’Isi, batsinzwe 6 banganya 2.

Umukino baheruka guhura n’ikipe yo muri Aziya, banganyije na Koreya y’Epfo ibitego 2-2 mu 2010 bahita basezererwa.

Umunyezamu wa Nigeria, Vincent Enyeama ufatira Lille mu Bufaransa niwe wamaze imikino mike, 21, atinjijwe igitego mu mashampiyona 5 akomeye i Burayi mu 2013-14.

Ghana vs USA saa 23.55 @ Estadio das Dunas

Umutoza wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA), Jurgen Klinsmann raba akina ikipe yubakiye kuri Michael Bradley, Clint Dempsey na Jozy Altidore naho Kwesi Appiah afate icyemezo niba akinisha Jordan Ayew uheruka gutsinda ibitego bitatu wenyine bakina na Korea y’Epfo mu mukino wa gicuti.

Mu bikombe by’Isi bibiri biheruka, USA yasezerwaga na Ghana. Landon Donovan yaravunitse asubira mu rugo.

Muri Ghana, Michael Essien utarakinnye igikombe cyo mu 2010, ari kumwe na bagenzi be nka Kevin-Prince Boateng, Sulley Muntari, Andre Ayew na Kwadwo Asamoah bayobowe na kapiteni wabo, Asamoah Gyan wahushije penaliti bakina na Uruguay mu 2010.

Clint Dempsey niwe uza kuyobora umukino wa USA

Mu nshuro ebyiri bahuriye mu gikombe cy’Isi mu 2006 na 2010, Ghana yabatsindaga 2-1. Umutoza wa USA yatsinze Ghana ibitego 2 muri 6-1 batsinzwe n’u Budage mu mukino wa gicuti mu 1993.

Niba kapiteni wa Ghana, Gyan atsinze igitego araba aciye umuhigo ufitwe n’Umunyacameroun Roger Milla w’ibitego 6 mu gikombe cy’Isi.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages