00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Budage bwandagaje Brazil butsinda 7-1, intsinzi ngari muri 1/2 cy’igikombe cy’Isi

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 9 July 2014 saa 12:32
Yasuwe :

U Budage bwatsinze Brazil ibitego 7-1 bukatisha itike y’umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi aho buzahura n’izatsinda hagati ya Argentina n’u Buholandi kuri iki Cyumweru, tariki ya 13 Nyakanga 2014 kuri Estádio Maracanã.
Mbere y’uko umukino utangira abakinnyi ba Brazil bari bitwaje umwenda wa Neymar, mugenzi wabo wavunitse agahita ava mu gikombe cy’Isi.
Maicon yasimbuye Dani Alves, Bernard ajya mu mwanya wa Neymar naho Dante asimbura kapiteni Thiago Silva.
Thomas Müller yatsinze igitego (…)

U Budage bwatsinze Brazil ibitego 7-1 bukatisha itike y’umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi aho buzahura n’izatsinda hagati ya Argentina n’u Buholandi kuri iki Cyumweru, tariki ya 13 Nyakanga 2014 kuri Estádio Maracanã.

Mbere y’uko umukino utangira abakinnyi ba Brazil bari bitwaje umwenda wa Neymar, mugenzi wabo wavunitse agahita ava mu gikombe cy’Isi.

Maicon yasimbuye Dani Alves, Bernard ajya mu mwanya wa Neymar naho Dante asimbura kapiteni Thiago Silva.

Thomas Müller yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 11 aherejwe na Toni Kroos. Igitego cya 10 atsinze mu gikombe cy’Isi cyatumye aba umukinnyi wa 13 utsinze cyangwa urengeje ibitego 10 (imibare ibiri).

Miloslav Klose yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 23 akuraho umuhigo w’ibitego 15 yari asangiye na Ronaldo (Brazil) agira ibitego 16 mu mikino 23, rutahizamu w’igikombe cy’Isi.

Mu ntera y’amasegonda 179, Brazil yatsinzwe ibitego bibiri bya Kroos, icya gatatu aherejwe na kapiteni Philip Lahm naho icya kabiri wari umupira wa Sami Khedira.

Nyuma y’iminota itatu Khedira yatsinze icya gatanu aherejwe na Mesut Özil bajya kuruhuka ari ibitego 5-0.

Müller yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 11 gituma aba umukinnyi wa 13 utsinze ibitego nibura 10
Klose yatsinze icya kabiri akuraho agahigo yari asangiye na Ronaldo, afite ibitego 16 mu gikombe cy'Isi
Nyuma y'amasegonda make, Kroos yatsinze icya gatatu mu gihe Brazil bari batarisuganya

Nubwo Brazil yagarukanye imbaraga mu gice cya kabiri igaragara nk’ishaka kwishyura, ku munota wa 69, Andre Schürrle winjiye asimbuye Klose yatsinze icya gatandatu ahawe na Lahm.

Brazil yaherukaga gutsindwa ibitego 6-0 na Uruguay mu 1920 muri Copa America.

Schürrle yatsinze agashinguracumu nyuma y’iminota ibiri mbere y’uko Oscar atsinda impozamarira ku munota wa 90 aherejwe na Marcelo.

Iyi ntsinzwi ikuyeho umuhigo Brazil yari imaranye imyaka 38 wo kudatsindirwa mu rugo. Brazil yaheruka gutsindirwa ku butaka bwayo mu 1975 muri Copa América kuri iyi stade Belo Horizonte.

Ni ubwa mbere muri ½ ikipe itsindwa ibitego 7, intsinzi ngari yaherukaga ni iy’u Budage bw’Iburengerazuba butsinda Autriche ibitego 6-1 mu 1954.

Mu masegonda 179 nyuma y'igitego cya Klose, Kroos yongeyemo n'icya kane
Khedira yafunze 5 bajya kuruhukana iyo mpamba, uretse Haiti na Zaire nta yindi kipe yatsinzwe ibi bitego mu gice cya mbere mu gikombe cy'Isi
Schürrle yasimbuye Klose atsinda icya gatandatu, Brazil yaherukaga gutsindwa ibitego 6 mu 1920

Ni umukino wa mbere w’igikombe cy’Isi ubonetsemo ibitego 8 kuva mu 2002, ubwo u Budage bwatsindaga Arabiya Sawudite ibitego 8-0.

U Budage niyo kipe itsinze ibitego 5-0 mu gihe gito (iminota 29) mu gikombe cy’Isi, naho Brazil iba ikipe ya gatatu nyuma ya Zaire na Haiti zitsinzwe ibitego 5-0 mu gice cya mbere.

Kuba u Budage bwatsinze ibitego 7 byatumye kiba igihugu cya mbere gitsinze ibitego byinshi 223 kuri 221 bya Brazil mu gikombe cy’Isi.

Kuwa Gatandatu, Brazil izakina n’itsindwa hagati ya Argentina n’u Buholandi kuri Estádio Nacional Mané Garrincha saa 22.00 bahatanira umwanya wa gatatu naho umukino wa nyumwa ube ku Cyumweru saa 21.00 kuri Estadio do Maracanã hagati y’u Budage n’itsinda hagati ya Argentina n’u Buholandi.

Schürrle yatsinze icya 7, Brazil iba ikipe ya mbere inyagiwe ibitego nk'ibi muri 1/2 cy'irangiza
Mu minota 30, Brazil yari imaze gutsindwa ibitego 5 yakinaga nta Neymar na Thiago Silva
90': Oscar yatsinze impozamarira umukino urangira
Sao Paolo: Agahunda katumye batwika ibendera ry'igihugu cyabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages