00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amakipe y’u Bufaransa, Argentine, Uruguay na Equateur yageze muri Brazil

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 10 June 2014 saa 11:48
Yasuwe :

Mu gihe hasigaye umunsi umwe ngo hatangire igikombe cy’Isi 2014, ikipe y’ u Bufaransa, Argentine, Uruguay na Equateur zageze kuri uyu wa Kabiri muri Brazil aho nibura amakipe 25 muri 32 amaze kuhagera yitegura gutangira kuri uyu wa Kane guhatana.
Abafaransa bari mu itsinda E bazakina umukino wa mbere ku Cyumweru na Honduras saa 21.00 bahise berekeza i Ribeirao Preto bakazajya bitoreza kuri Estadio Santa Cruz mu gihe Equateur bari kumwe mu itsinda yitaruye umujyi wa Rio Grande do Sul ku (…)

Mu gihe hasigaye umunsi umwe ngo hatangire igikombe cy’Isi 2014, ikipe y’ u Bufaransa, Argentine, Uruguay na Equateur zageze kuri uyu wa Kabiri muri Brazil aho nibura amakipe 25 muri 32 amaze kuhagera yitegura gutangira kuri uyu wa Kane guhatana.

Abafaransa bari mu itsinda E bazakina umukino wa mbere ku Cyumweru na Honduras saa 21.00 bahise berekeza i Ribeirao Preto bakazajya bitoreza kuri Estadio Santa Cruz mu gihe Equateur bari kumwe mu itsinda yitaruye umujyi wa Rio Grande do Sul ku ntera y’iminota 40 bo bakajya bitoreza Centro de Treinamento Vila Ventura.

Didier Deschamps, umutoza w’u Bufaransa wari kapiteni batwara igikombe cyo mu 1998, yavuze ko yishimiye kuba ari muri Brazil, yemeze ko abakinnyib be biteguye kwitwara neza.

Yagize ati “ Twagize imyiteguro myiza n’abakinnyi bahagaze neza. Bafite inyota yo gukinira kuri stade ya Maracana ku mukino wacu wa gatatu bazakina na Equateur.”

U Bufaransa bwatwaye igikombe cy’Isi rimwe cyo mu 1998 bari bakiriye batsinze Brazil ibitego 3-0 bya Zinedine Zidane na Emmanuel Petit.

Andi makipe abiri yo muri Amerika y’Epfo, Uruguay yatwaye iki gikombe mu 1930 na 1950 yageze mu mujyi wa Belo Horizonte kimwe nka Argentina ya Lionel Messi yaraye muri Brazil.

Myugariro wa Manchester City, Martin Demichelis kuri Twitter yavuze ko biteguye gusenyera umugozi umwe kuko igihugu cyabagiriye icyizere. Yagize ati “ Ntituje nk’ikipe, tuje guhangana nk’igihugu.”

Diego Lugano ukina hagati ha Uruguay yavuze ko biteguriye mu rugo bafashijwe cyane n’abafana b’iwabo ku buryo bifuza gukorera amateka muri Brazil, igihugu mukeba muri ruhago.

Mu gikombe cy’Isi giheruka Uruguay yabaye iya kane itsinzwe n’u Budage mu gihe muri ¼ basezereye Ghana nyuma y’aho Suarez akuyemo igitego n’ukuboko.

Rutahizamu Luis Suarez ari kumwe na bagenzi be nubwo agikurikiranwa n’abaganga.

Uruguay izakina umukino ubanza kuwa Gatandatu na Costa Rica saa 21.00 mu gihe Argentina izakina ku Cyumweru na Bosnie Herzegovina saa 23.59.

Imyitozo ya mbere ya Algeria muri Brazil yakurikiwe n’abantu 2300 mu gihe u Bubiligi bugera busesekara uyu munsi nubwo rutahizamu Romelu Lukaku bivugwa ko ashobora kudakina umukino ubanza na Algeria tariki ya 17 kubera imvune yagize mu mukino wa gicuti na Tunisia kuwa Gatandatu.

Kugeza kuri uyu wa Kabiri, amakipe 25 amaze kugera muri Brazil muri 32 agomba gukina iyi mikino.

Gahunda yo kuwa Gatanu, tariki ya 15 Kamena 2014

Mexique vs Cameroun saa 18.00 Arena das Dunas (Amasaha y’i Kigali)

Espagne vs u Buholande saa 21h00 Arena Fonte Nova

Chili vs Australe saa 23.59 Arena Pantanal

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages