Mu mikino y’amatsinda, abahungu batarengeje imyaka 11 batsinze Canada ibitego 2-1, batsinda Team Academy ibitego 2-0, banganya na Thailand ubusa ku busa.
Abatarengeje imyaka 13 bo batsinze u Bwongereza ibitego 4-0, banyagira Team Academy ibitego 4-0 na Mexique batsinze ibitego 5-0.
Muri ¼, abatarengeje imyaka 11 batsinzwe na Bahrain ibitego 2-1, muri ½ batsinze Amerika kuri 3-1.
Mu batarengeje imyaka 13, u Rwanda rwatsinze Canada ibitego 5-1, ni nako byagenze kandi mu bakobwa batarengeje imyaka 15 batsinze U Bwongereza ibitego 5-1.
Muri ½ abahungu batarengeje imyaka 13 batsinze West Indies penaliti 3-2 nyuma yo kunganya ubusa ku busa, mu gihe abakobwa batsinzwe na Brésil igitego 1-0.
Ku mukino wa nyuma mu batarengeje imyaka 11, u Rwanda rwatsinzwe na Brésil ibitego 3-0, rwongera no gutsindwa mu batarengeje imyaka 13 n’u Bufaransa ibitego 2-1.
Aya makipe yatsindiwe ku mukino wa nyuma bityo ahabwa imidali y’umuringa.
Mu bakobwa batarengeje imyaka 15, begukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda u Bufaransa kuri penaliti 3-1.
Ineza Ange Landry yabaye uwatsinze ibitego byinshi mu batarengeje imyaka 13, aho yatsinze 17, mu gihe mu bakobwa yabaye Irinatwe Aimée watsinze icyenda.
Muri rusange iri rushanwa ryegukanwe na Brésil mu bahungu batarengeje imyaka 11 n’abakobwa batarengeje imyaka 15, mu gihe u Bufaransa bwaryegukanye mu bahungu batarengeje imyaka 13.
U Rwanda rusanzwe rumenyereye aya marushanwa kuko rwegukanye iki Gikombe cy’Isi inshuro ebyiri mu 2023 na 2024.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!