00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwazamutse umwanya umwe ku rutonde rwa FIFA

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 September 2017 saa 02:40
Yasuwe :

U Rwanda rwazamutse umwanya umwe ku rutonde ngarukakwezi rw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, ubu rukaba ruri ku mwanya wa 118 ruvuye kuwa 119 rwari ho mu kwezi gushize.

Nyuma y’urutonde ruheruka, ikipe y’igihugu Amavubi yakinnye imikino ibiri na Uganda bahatanira itike y’igikombe Nyafurika cy’abakina muri shampiyona z’imbere mu bihugu byabo (CHAN), bashakisha itike yo gukina imikino ya nyuma izabera muri Kenya, mu mwaka utaha.

Mu mikino yombi, uwa mbere wabereye muri Uganda, u Rwanda rwatsinzwe 3-0, mu mukino wo kwishyura wabereye i Kigali rubasha gutsinda Uganda 2-0, rusezererwa ku kinyuranyo cy’igitego kimwe.

Uru rutonde ngarukakwezi, ku rwego rw’Isi ruyobowe n’u Budage mu gihe ibindi bihugu nka Brazil, Portugal, Argentina n’u Bubiligi aribyo bikurikiyeho. Muri Afurika ho uru rutonde ruyobowe na Misiri, Tunisie, Senegal, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Nigeria.

U Rwanda ruheruka umwanya mwiza ku rutonde rwa FIFA mu 2014 ubwo hari ukwezi rwageze ku mwanya wa 68, mu 2008 ubwo hari aho rwageze kuwa 78 no mu 2005 ubwo hari ukwezi rwabaye urwa 89.

Biramahire Abeddy ahanganye na Wadada wa Uganda mu mukino mpuzamahanga u Rwanda ruheruka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages