00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Tanzania na Ethiopia mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya U20

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 31 August 2026 saa 04:51
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abatarengeje imyaka 20 yisanze mu Itsinda A mu mikino yo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cya Afurika [CAF U-20 AFCON Zonal Qualifiers], aho iri kumwe na Ethiopia na Tanzania.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 31 Kanama 2026, ni bwo mu Rwanda muri Kigali Pelé Stadium, habereye iyi tombola mbere y’uko hakinwa umukino wa nyuma mu mikino ihuza amakipe yitwaye neza mu bihugu byo muri CECAFA ari gushaka itike yo kujya muri CAF Women’s Champions League.

Tanzania izakira iyi mikino y’abato yashyizwe mu Itsinda A, itombora Ethiopia n’u Rwanda.

Umuyobozi ushinzwe amarushanwa muri CECAFA, Yusuf Mossi ni we wifashishijwe muri iyi tombola yasize Uganda iri mu Itsinda B iri kumwe na Sudani na Djibouti. Itsinda C ririmo Sudani y’Epfo, u Burundi na Kenya.

Iri rushanwa rizakinwa kuva tariki ya 15 kugeza ku ya 25 Nzeri 2026, ribere ku kibuga cya Uhuru Stadium iri Dar es Salaam muri Tanzania, kikaba ari ikibuga gishya cyavuguruwe mu rwego rwo kwitegura Igikombe cya Afurika cya
2027.

Amakipe atatu azitwara neza akayobora amatsinda muri iri rushanwa, azahita abona itike yo gukina imikino ya ½, kongeraho ikipe yabaye iya kabiri nziza kurusha izindi.

Amakipe abiri azagera ku mukino wa nyuma, azahita ahagararira Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati, mu Gikombe cya Afurika cya 2027 kizabera muri Ghana.

Ikipe y'u Rwanda y'Abatrengeje imyaka 20 yisanze mu itsinda rimwe na Tanzania na Ethiopia mu gushaka itike y'Igikombe cya Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages