Ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Kanama 2026, ni bwo hakinwe imikino ya nyuma yaberaga i Kigali yo gushaka itike yo kujya muri Diviziyo ya Mbere izashakirwamo itike y’Igikombe cy’Isi cy’Abatarengeje imyaka 19 cya 2027.
Ku munsi wa nyuma w’iri rushanwa ryakiniwe ku Kibuga Mpuzamahanga cya Cricket, u Rwanda rwatsinzwe na Uganda ku kinyuranyo cy’amanota atandatu, bituma rusoreza ku mwanya wa gatatu mu makipe atandatu.
Uganda yahise yegukana iri rushanwa, Nigeria iba iya kabiri, amakipe yose uko ari atatu ahita agera muri Diviziyo ya Mbere yo gushaka itike y’Igikombe cy’Abatarengeje imyaka 19 cya 2027, kizabera muri Bangladesh na Nepal.
Abakinnyi beza muri iri rushanwa ryaberaga i Kigali harimo Kenneth Boniface wo muri Nigeria wabaye umukinnyi mwiza, Robert Owilli wo muri Uganda uba ukubita agapira neza, mu gihe ujugunya agapira neza ari Stanley Carson wo muri Ghana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!