00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyishimo by’abayobozi ba Kiyovu Sports nyuma yo kwisubiza ikipe bakabona intsinzi (Amafoto)

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 3 October 2023 saa 02:31
Yasuwe :

Nyuma y’umukino w’Umunsi wa Gatanu wa Shampiyona, Kiyovu Sports yatsinzemo Gorilla FC igitego 1-0 cya Nizeyimana Djuma, Perezida w’Umuryango Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Régis ’Général’ yahobeye Visi Perezida we, Mbonyumuvunyi Abdul Karim mu buryo budasanzwe.

Iyi ni intsinzi ya mbere bari babonye nyuma nyuma yo kwigizayo by’agateganyo Perezida wa Kiyovu Sports Limited, Mvukiyehe Juvénal washinjwe amakosa yagiye akora agashora ikipe mu myenda n’igihombo.

Wari umukino kandi wasize Kiyovu Sports ku mwanya wa gatatu ku rutonde rwa Shampiyona n’amanota umunani, aho ikurikiye Musanze FC ya mbere n’amanota 10 n’Amagaju FC ya kabiri n’amanota icyenda.

Nyuma y’uko Umusifuzi Uwikunda Samuel ahushye mu ifirimbi ko umukino urangiye, abayobozi ba Kiyovu Sports barimo Perezida w’Umuryango, Ndorimana Jean François Régis ’Général’; Visi Perezida, Mbonyumuvunyi Abdul Karim n’Umunyabanga Mukuru, Karangwa Jeanine, bitereye mu bicu bishimira iyi ntsinzi ari na ko Jeanine we yanyuzagamo agacinya akadiho.

Umuyobozi w’Icyubahiro wa Kiyovu Sports ndetse akaba n’umukunzi wa ruhago w’akadasohoka, Makuza Bernard wabaye Minisitiri w’Intebe hagati ya 2000 na 2017, yakoze ’Général’ mu kiganza amushimira ko ahesheje ikipe yihebeye intsinzi mu mukino utari woroshye dore ko n’Umutoza w’Urucaca, Petros Koukouras, yawuherewemo ikarita itukura.

Nyuma yo guhoberana no gucinya akadiho, Général na Karim bamanutse mu kibuga hagati bajya gushimira abafana bake baje gushyigikira Urucaca ndetse no guhobera abakinnyi bitanze bagatahana amanota atatu.

Perezida w’Umuryango wa Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Régis ’Général’ kandi yagiye kureba Umurundi Kirongozi Richard ’Bazombwa’ ku ntebe y’abasimbura nyuma y’uko yagiriye ikibazo cy’imvune muri uyu mukino.

Kiyovu Sports izasubira mu kibuga yakirwa n’Amagaju FC kuri Stade Huye, tariki 11 Ukwakira, ikurikizeho kwakira Marines FC tariki 14 Ukwakira mbere yo gusura Police FC tariki 20 Ukwakira 2023.

Mbere y'uko umukino urangira, igitego kimwe cyari gihangayikishije Perezida w'Umuryango wa Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Regis 'General' na Visi Perezida we, Mbonyumuvunyi Abdul Karim
Mu gihe umukino waganaga ku musozo, Mbonyumuvunyi yari afashe icupa arikubita mu biganza nk'uburyo bwo gufana ikipe ye
Nyuma y'uko Umusifuzi Uwikunda Samuel ahushye mu ifirimbi ko umukino urangiye, cyari igihe cyo kwiruhutsa no kwishimira intsinzi
Aba bayobozi ni yo ntsinzi ya mbere babonye batari kumwe na Mvukiyehe Juvenal uyobora Kiyovu Sports Limited yahagaritswe by'agateganyo na Komite Nyobozi y'Umuryango kubera imikorere mibi yashoye ikipe mu myenda n'igihombo
Bahoberanye biratinda
'General' yahobeye Mbonyumuvunyi mu buryo budasanzwe
Cyari igihe cy'ibyishimo kuri aba bombi batangiye urugendo rwo kuyobora Kiyovu Sports badafite mugenzi wa bo Mvukiyehe Juvenal
Cyari igihe cyo gucinya akadiho kuri Karangwa Jeanine, Umunyamabanga wa Kiyovu Sports
Umuyobozi w'Icyunahiro wa Kiyovu Sports, Makuza Bernard yakoze mu ntoki Perezida w'Umuryango wa Kiyovu Sports, Ndorimana, nyuma y'intsinzi ya mbere yari abonye ayoboye Urucaca wenyine
Akadiho kakomeje
Nyuma aba bombi bamanutse bajya kureba umukinnyi ukina hagati afasha abataha izamu, Kirongozi Richard, wagize imvune muri uyu mukino
Ndorimana yicaranye na we bagirana ikiganiro kigufi ku migendekere y'umukino
Aba bayobozi bafatanyije n'abakinnyi bashimiye cyane abafana bake ba Kiyovu Sports baje kubashyigikira muri uyu mukino wateretse Urucaca ku mwanya wa gatatu
Nyugariro w'iburyo, Nizigiyimana Abdul Karim 'Makenzi' (ibumoso), Visi Perezida Mbonyumuvunyi Abdul Karim na Ndorimana Jean Francois Regis 'General' bashimira abafana baje kubashyigikira
'General' yari yishimiye intsinzi ya mbere ku ngoma ye ayoboye Kiyovu Sports wenyine
Ndorimana aganira n'Umunyezamu Nzeyurwanda Djihad witwaye neza muri uyu mukino
Uyu muyobozi yagiye aganira n'abakinnyi be batandukanye nyuma y'umukino bishimira intsinzi
Bafashe ifoto y'urwibutso mu kibiga hagati
Aba bayobozi bagiranye ikiganiro kigufi n'abakinnyi babo cyari cyiganjemo gutebya mu kibuga hagati
Ni uku bavuye mu kibuga

Amafoto: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .