00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

UCL: FC Barcelona yaguye i Milan, Marseille ibona amanota atatu ya mbere

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 5 October 2022 saa 09:52
Yasuwe :

FC Barcelona yatsikiriye imbere ya Inter Milan yo mu Butaliyani itsindirwa mu Mujyi wa Milan igitego 1-0 mu mikino ya UEFA Champions League ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane w’u Burayi.

Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 4 Ukwakira 2022. Watangiye FC Barcelona isatira bikomeye mu minota itanu ya mbere, ishaka igitego hakiri kare ari ko Inter Milan ikirwanaho ikiza izamu ryayo.

Ku munota wa karindwi, abakinnyi ba Inter Milan bazamukanye umupira bihuta cyane ariko ishoti riremereye Hakan Çalhanoğlu yateye umunyezamu Andres Ter Stegen ntacyo rwabyaye kuko yawushyize muri koruneri.

Mu minota 20 ya mbere, FC Barcelona yakomeje kwiharira umupira ari na ko inyuzamo igasatira, mu gihe Inter Milan yakinaga imipira yabaga yatakajwe.

Ku munota wa 22 w’umukino Nicolo Barella yateye umupira muremure Correa myugariro wa Barcelona Eric Garcia awukora n’akaboko ariko umusifuzi ntiyatanga penaliti.

Joaquín Correa yatsinze igitego cya mbere cya Inter Milan ku munota wa 28 ariko umusifuzi w’igitambaro avuga ko yari yaraririye.

FC Barcelona yakomeje kubona uburyo bwo gutsinda ibitego ariko Ousmane Dembélé imipira akayipfusha ubusa.

Inter Milan yarekaga Barcelona igakina yonyine, yo yacungiraga ku mipira itakaje ikazamuka yiruka, byaje kuyikundira ku munota wa 47 nyuma yo gutera ishoti ab’inyuma ba Barcelona bakarikuramo. Correa yasunikiye umupira mwiza Çalhanoğlu atera ishoti rikomeye hanze y’urubuga rigendera hasi riruhukira mu izamu rya Andres Ter Stegen wa FC Barcelona.

Igice cya mbere cyarangiye Inter Milan itsinze FC Barcelona igitego kimwe ku busa.

FC Barcelona yatangiye igice cya kabiri isatira ishaka kwishyura igitego, ariko kuboneza mu izamu bikomeza kuyangira.

Ku munota wa 67, Dembélé yazamukanye umupira maze awuhindura imbere y’izamu Pedri awuboneza mu rushundura ariko umusifuzi yitabaza ikoranabuhanga ry’amashusho [VAR] asanga mbere yo kugitsinda Ansu Fati yabanje gukora umupira.

Kuva ku munota wa 70, FC Barcelona yarushijeho gusatira ubundi icumbika mu izamu rya Inter Milan ariko Dembele, Pedri n’abandi bahinduraga imipira umuzamu André Onana akababera ibamba.

FC Barcelona yakomeje gusatira bikomeye ari na ko yagendaga ikora impinduka. Alessandro Bastoni Cavaliere yakuruye Franck Yannick Kessié ariko ateye coup franc Sergio Busquets Burgos umupira awutera hejuru y’izamu.

Iminota umunani y’inyongera Inter Milan yayikinnye ikiza izamu ryayo gusa, ariko birayihira kuko umukino warangiye itsinze FC Barcelona igitego 1-0.

Mu mukino wundi wabaye muri iri tsinda Bayern Munich yatsinze FC Viktoria Plzeň ibitego 5-0.

Mu itsinda rya kane, Olympique de Marseille yo mu Bufaransa yabonye amanota yayo ya mbere nyuma yo gutsinda Sporting Club Portugal ibitego 4-1. Eintracht Frankfurt yo mu Budage igwa miswi na Tottenham Hotspur F.C. yo mu Bwongereza ubusa ku busa.

Mu itsinda rya mbere, Ajax Amsterdam yo mu Buholandi yanyagiriwe mu rugo na Napoli yo mu Butaliyani ibitego 6-1.

Liverpool FC yatsinze Rangers ibitego 2-0 bya Trent Alexandre Arnold na Mohamed Salah.

Mu itsinda rya gatatu, Club Brugge yatunguye Atletico Madrid iyitsinda ibitego 2-0 mu gihe FC Porto yatsindaga Bayern Leverkusen ibitego 2-0.

Imikino iteganyijwe ku wa Gatatu tariki 5 Ukwakira 2022:

Itsinda E

  FC Salzburg vs Dinamo Zagreb (18:45)

  Chelsea FC vs AC Milan (21:00)

Itsinda F

  RB Leipzig vs Celtic (18:45)

  Real Madrid vs Shaktar Donetsk (21:00)

Itsinda G

  Manchester City vs Fc Copenhagen (21:00)

  Sevilla vs Borussia Dortmund (21:00)

Itsinda H

  Benfica vs Paris Saint Germain (21:00)

  Juventus vs Maccabi Haifa (21:00)

Hakan Çalhanoğlu yishimira igitego rukumbi cyabonetse mu mukino ikipe ye ya Inter Milan yatsinzemo FC Barcelona
Robert Lewandowski [wambaye nimero 9] na mugenzi we Andreas Bødtker Christensen basohotse mu kibuga bubitse imitwe nyuma yo gutsindwa na Inter Milan
Trent John Alexander-Arnold na Konstantinos Tsimikas bishimira igitego cya mbere cya Liverpool FC
Olympique de Marseille yo mu Bufaransa yakinnye nta bafana bari ku kibuga
Olympique de Marseille yabonye amanota atatu ya mbere
Bayern Munich yo mu Budage iyoboye itsinda rya mbere n'amanota icyenda nyuma yo gutsinda imikino itatu
Leroy Aziz Sané yafashije Bayern Munich gutsinda ibitego bibiri muri bitanu yatsinze FC Viktoria Plzeň
Club Brugge yatunguye Atletico Madrid bituma irushaho kujya habi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages