– Kagere Meddie yafashije Simba SC kubona intsinzi
Mu mukino wa 22 wa shampiyona kuri Simba SC ifite ibirarane byinshi, kuri iki cyumweru, yatsinze Mbao FC ibitego 3-0 birimo igitego cya rutahizamu Kagere Meddie kuri penaliti ubwo yari agushijwe mu rubuga rw’amahina.
Iyi kipe kuri ubu iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 57, irushwa amanota abiri na Azam FC ya kabiri ndetse ikarushwa amanota 10 na Yanga SC ya mbere, zombi zimaze gukina imikino 28.
– AFC Tubize ya Salomon yitwaye neza
Ku wa Gatanu, AFC Tubize ya Nirisarike Salomon, yakinnye umukino w’umunsi wa kabiri mu itsinda B mu mikino bashakamo ikipe izamanuka, itsinda OH Leuven igitego 1-0, byatumye ijya ku mwanya wa mbere n’amanota ane mu makipe ane. Myugariro w’ikipe y’igihugu; Nirisarike, yakinnye iminota yose y’uyu mukino.
– Djihad Bizimana yakinnye umukino wose, baranganya
Mu guhatanira umwanya wo gukina Europa League mu Bubiligi, Waasland Beveren ya Djihad Bizimana yanganyije na Zulte Wargem ubusa ku busa. Uyu mukino wagaragayemo uyu mukinnyi w’umunyarwanda wakinnye iminota yose.
– Sporting Kansas City ya Rwatubyaye Abdul yatsinze urunganda
Sporting Kansas City ya Rwatubyaye Abdul yihereranye Montreal Impact iyinyagira ibitego 7-1 mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona ya Major League Soccer muri Western Conference. Rwatubyaye ntiyari mu bakinnyi bifashishijwe. Ikipe ye kuri ubu iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota arindwi, irushwa atandatu na Los Angeles FC ya mbere n’amanota 13.
– Ikipe ya Muhire Kevin yaranganyije
El Dakhleya Sporting ikinamo Muhire Kevin, yanganyije igitego 1-1 na Nogoom muri shampiyona ya Misiri. Iyi kipe kuri ubu iri ku mwanya wa 15 n’amanota 25 mu mikino 27 imaze gukina, aho irusha amanota abiri ENPPI ya nyuma.
– Usengimana Faustin n’ikipe ye ni aba mbere muri Zambia
Buildcon FC ya Usengimana Faustin na Nshimirimana David wavuye muri Mukura, yitwaye neza muri Zambia ku wa Gatandatu, itsindira Circuit City iwayo igitego 1-0, biyihesha kuyobora itsinda B n’amanota 17 mu mikino icyenda imaze gukina.
– Casa Mbungo, Bakame na Kayumba Soter barasezerewe
AFC Leopards yo muri Kenya itozwa na Casa Mbungo André yasezerewe na Bungoma Superstars muri SportPesa Shield nyuma yo kunganya igitego 1-1, hitabajwe penaliti itsindwa 4-3.
Muri uyu mukino, umutoza Casa yari yagiriye icyizere umunyezamu Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ na myugariro Kayumba Soter.
– Tuyisenge wifuzwa na Simba SC na Vita Club yafashije ikipe ye gutsinda
Nyuma yo kuvugwa ko yerekeje muri Tanzania kuganira na Simba SC ubwo yari avuye mu Amavubi mu cyumweru gishize, mu mpera z’iki cyumweru twasoje, Tuyisenge Jacques yafashije Gor Mahia gutsinda Kariobangi Sharks ibitego 2-1.
Gor Mahia ikomeje kuyobora shampiyona ya Kenya n’amanota 38 mu mikino 17, barusha amanota abiri Sofapaka ya kabiri, imaze gukina imikino 19.
– Tusker ya Emery Mvuyekure yaratsinzwe
Tusker FC yari idafite umunyezamu Mvuyekure Emery, ku wa Gatandatu yatsinzwe na Chemelil Sugar ibitego 2-1. Iyi kipe kuri ubu irabarizwa ku mwanya wa gatanu n’amanota 29 mu mikino 19 imaze gukina muri shampiyona ya Kenya.



















TANGA IGITEKEREZO