00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko Police FC yimanye Abedi wifuzwaga na JS Kyblie itinya gukorerwa ‘Operasiyo Djabel’

Yanditswe na Musangwa Arthur
Kuya 17 February 2024 saa 03:17
Yasuwe :

Ukwezi kurihiritse Ikipe ya Police FC ibwiwe n’umwe mu bahagarariye inyungu z’abakinnyi ko Ikipe ya JS Kyblie yo muri Algeria yifuza umukinnyi wayo w’Umurunsi, Birigimana Abeddy kuri bihumbi 75 by’amadorali.

Ni inkuru yakiriwe neza n’Ubuyobozi bw’iyi kipe n’ubwo mu bitekerezo byagiye bitangwa na bamwe muri bo, berekanye impungenge z’uko aya makuru ashobora kuba atari ukuri ahubwo Bigirmana ashobora kwisanga i Shyorongi.

Ku ikubitiro uyu mugabo ushakira abakinnyi amakipe ukomoka muri Tunisia yifashishije umunyamakuru rurangiranwa w’Umunya-Ghana, Mick Junior, watangaje iyi nkuru ku mbuga nkoranyamabaga ze zikurikirwa n’abagera ku bihumbi 520.

Iyi nkuru yashyizwe ku rukuta rwa Micky Junior tariki 6 Mutarama 2024, yavugaga ko Bigirimana ]yifuzwa n’iyi Kipe hamwe n’Umunya-Cameroun, Andre Onana kuri ubu ukina muri Simba SC yo muri Tanzania.

Icyateye igishyika Police FC ni uko itigeze ijya mu biganiro n’Ikipe ya JS Kbylie ahubwo uyu mu ‘agent’ yayisabaga ko yamuha ibaruwa imurekura hanyuma bakazabona amafaranga kuri konti mu gihe kitarambiranye.

Mu biganiro Ubuyobozi bwa Police FC bwagiranaga mu gikari, mu gihe iyi nkuru yabageragaho, bagize amakenga ko uyu mukinnyi ukina hagati afasha abataha izamu, yaba yifuzwa na APR FC ikaba yamukatisha muri Algeria hanyuma ikamujyana i Shyorongi nyuma y’igihe gito ahawe ibaruwa imurekura akaba yakwerekanwa yambaye umukara n’umweru.

Bumvaga ko byazagenda nk’uko byagenze kuri Manishimwe Djabel ubwo yatangwaga na Rayon Sports muri Gor Mahia bikarangira yerekanywe nk’umukinnyi w’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu mu mpeshyi ya 2019 ikamusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri.

Djabel yatanzwe na Rayon Sports muri Gor Mahia bigizwemo uruhare n’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru w’iyi Kipe yambara icyatsi n’umweru, Lordvick Aduda wari umaze iminsi ibiri mu Rwanda kurangiza gahunda ya APR FC bivugwa ko yatanzweho ibihumbi 30 by’amadorali.

Nyuma y’uko umwe mu bayobozi ba Police FC azamuye iki gitekerezo cyaje guhurirwaho na benshi, iyi kipe y’abashinzwe umutekano yaje gusubiza uyu mu ‘agent’ ko ibyo kurekura Bigirimana bitagikunze kuko agisigaje umwaka umwe n’igice ku masezerano ye.

Bigirimana yatangajwe nk’Umukinnyi mushya wa Police FC tariki ya 28 Nyakanga 2023 kuri miliyoni 30 Frw.

Yavuye i Bujumbura agiye gusinyira Rayon Sports bari bumvikanye kuri miliyoni 20 Frw n’umushahara wa miliyoni 1,5 Frw ikabanza kumuha igice cya miliyoni 15 Frw hanyuma izindi eshanu yari kuzazimuha muri Mutarama 2024.

Akigera ku ku kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, yakiriwe n’Umunyamabanga wa Police FC, CIP Umutoni Claudette wahise amukomezanya ku Biro bikuru by’Ikipe ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali ahita ayisinyira.

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru ku buryo Bigirimana yabaciye mu myanya y’intoki, Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yavuze ko ibyo kujya ku Kibuga cy’indege gutegereza umukinnyi atabikora kuko hari intambara atarwana.

Yagize ati “Twari twumvikanye kuri miliyoni 20 Frw, umuhagarariye Arnaud turemeranywa, amafaranga yacu miliyoni n’ubu barayatwaye. Tumwoherereza itike y’indege. Yaje afite ubutumire bwacu aza ajya mu yindi kipe. Hari abansetse ngo sinagiye ku kibuga cy’indege nijoro kumwakira. Sinarwana intambara nk’izo kuko hari ibintu biba biciriritse.”

Ku munsi wa 20 wa Shampiyona, Bigirimana afite ibitego bitandatu n’afite amasezerano azarangirana n‘umwaka utaha w’imikino.

Bigirimana yifujwe na JS Kbylie inyuze ku mu-agent w'Umunya-Tunisia, yegereye Police FC igira amakenga ko ari APR FC yifuza uyu mukinnyi
Manishimwe Djabel yatanzwe na Rayon Sports ibeshywe ko yaguzwe na Gor Mahia nyuma y'amasaha 24 yerekanwa nk'Umukinnyi mushya wa APR FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages