Minnaert wari umaze iminsi ari mu Rwanda ashaka akazi yagiye avugana n’amakipe atandukanye arimo AS Kigali yagahaye Umunye-Congo, Guy Bukasa na Rayon Sports yagahaye Umufaransa Julien Mette.
Uyu mutoza asanzwe azi neza umupira w’u Rwanda kuko yatoje Rayon Sports inshuro ebyiri, mu 2015-2016 ayisubiramo mu 2018. Yatoje kandi Mukura Victory Sports mu 2017.
🚨𝐀𝐌𝐀𝐊𝐔𝐑𝐔 𝐌𝐀𝐒𝐇𝐘𝐀🚨
Umubiligi Ivan Jacky Minnaert yeretswe abakinnyi ba Gorilla FC nk’umutoza wabo mushya mu gihe cy’amezi atanu. pic.twitter.com/Kxoqgcm2FB
— IGIHE Sports (@IGIHESports) February 19, 2024
Yanatoje kandi amakipe atandukanye akomeye ku Mugabane wa Afurika nka AFC Leopards yo muri Kenya, Black Leopards yo muri Afurika y’Epfo, AC Djoliba yo muri Mali na Al Ittihad Tripoli yo muri Libya.
Yitezweho kuzamura amanota ya Gorilla FC, kuko kugeza ubu ifite 21 mu mikino 21 ikaba iri mu myanya wa 14, aho inganya amanota na Bugesera FC ya 15.
🚨𝐀𝐌𝐀𝐊𝐔𝐑𝐔 𝐌𝐀𝐒𝐇𝐘𝐀🚨
Gorilla FC yirukanye Umutoza Gatera Moussa n’abungiriza be. pic.twitter.com/xikP3X7N3g
— IGIHE Sports (@IGIHESports) February 18, 2024
Iramutse ikomeje gutya ikaba yakwisanga mu cyiciro cya kabiri hamwe na Etoile de l’Est isa n’iyamaze kumanuka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!