00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuganga w’u Bwongereza ntazavura mu gikombe cy’Isi nyuma yo kuvunika batsindwa n’u Butaliyani

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 15 June 2014 saa 05:41
Yasuwe :

Umuganga w’u Bwongereza, Gary Lewin yaraye avunitse ku mukino batsinzwemo n’u Butaliyani ibitego 2-1 akaba atazavura imikino isigaye y’igikombe cy’Isi kuko yahise ataha.
Lewin yavunitse akagombambari ubwo yishimiraga igitego cya Daniel Sturridge yatsinze nyuma y’iminota ibiri yishyura icy’u Butariyani cyatsinzwe na Claudio Marchisio ku munota wa 35 ku mupira yari aherejwe na Verratti.
Nyuma y’umukino, umutoza w’u Bwongereza Roy Hodgson yavuze ko ubwo uyu musaza w’imyaka 50 yishimiraga (…)

Umuganga w’u Bwongereza, Gary Lewin yaraye avunitse ku mukino batsinzwemo n’u Butaliyani ibitego 2-1 akaba atazavura imikino isigaye y’igikombe cy’Isi kuko yahise ataha.

Lewin yavunitse akagombambari ubwo yishimiraga igitego cya Daniel Sturridge yatsinze nyuma y’iminota ibiri yishyura icy’u Butariyani cyatsinzwe na Claudio Marchisio ku munota wa 35 ku mupira yari aherejwe na Verratti.

Nyuma y’umukino, umutoza w’u Bwongereza Roy Hodgson yavuze ko ubwo uyu musaza w’imyaka 50 yishimiraga igitego yakandagiye icupa ry’amazi ahita avunika.

Yagize ati “Birababaje. Yahise ajyanwa ku bitaro abaganga bakora akazi kabo ariko ndabamenyesha ko ariha igikombe cy’Isi cya Lewin kirangiriye.”

Ku ishoti riremereye, Marchisio yafunguye izamu rya Joe Hart ku munota wa 35
Sturridge yishyuye u Butariyani nyuma y'iminota ibiri
Gary Lewin yavunitse ubwo yishimiraga igitego cyo kugombora cya Sturridge
Lewin wakoze no muri Arsenal yahise aubira mu Bwongereza asimbuzwa Steve Kemp

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza (FA) ryahise rimusimbuza Steve Kemp.

Hashize iminota 5 bavuye mu kiruhuko, Mario Balotelli wahoze ari rutahizamu wa Manchester Unites yatsinze igitego cy’umutwe ku mupira yahawe na Candreva maze myugariro Gary Cahill akananirwa kumuhagarika.

Raheem Sterling wari mu ikipe y’u Bwongereza y’abatarangeje imyaka 17 mu gikombe cy’Isi muri Mexique yakinnye n’u Rwanda, ni umwe mu bakinnyi bigaragaje muri uyu mukino, aho yahushije igitego umukino ugitangira.

Nuko Balotelli atsinda igitego cy'umutwe, Joe Hart bakinanye muri Manchester City
N'umutwe Jagielka yakuyemo umupira wari utewe na Balotelli wari wageze mu izamu

Nibura mu mikino 15 y’igikombe cy’Isi, u Butariyani buheruka gukinabwatsinzemo igitego, umuhigo mu gikombe cy’Isi.

Hodgson yavuze ko mu mateka ye ari ubwa mbere abona ikipe y’u Bwongereza ikina umukino mwiza nubwo batakaje, asanga hari icyizere cyo gukomeza muri 1/8 cy’irangiza.

Yagize ati “ Twababaye kuko umukino utangeze uko tubishaka. Mfite icyizere ko dukomeje gukina gutya twabona itike.”

Kuwa Kane, u Bwongereza buzakina na Uruguay saa 21.00 kuri Arena de São Paulo, Suarez uatakinnye batsindwa na Costa Rica ashobora gukina uyu mukino. U Butariyani bwo bukina na Costa Rica kuwa Gatanu saa 18.00.

2011: Raheem yari mu ikipe y'u Bwongereza yakinnye n'Amavubi muri Mexique
Umupira wa Raheem umukino ugitangira wanyuze gato ku ruhande rw'izamu rya Sirigu wari wasimbuye Buffon
Muzehe Andrea Pirlo yasimbutse umupira watewe neza na Marchisio
Abatoza b'amakipe yombi, Roy Roy Hodgson na Cesare Prandelli w'u Butariyani
U Butariyani bwari bushyigikiwe

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages