Ibi byavumbuwe nyuma y’uko Hiba Abouk yifuzaga gatanya n’uyu Munya-Maroc byemewe n’amategeko ariko bakabanza kugabana imitungo bari bafitanye harimo n’amafaranga bari batunze.
Ubusanzwe mu manza za gatanya, iyo urukiko rwemeje ko umugabo atandukana n’umugore, bagabana imitungo yabo. Ni ko byari bimeze no kuri aba kuko Hiba Abouk yifuzaga guhabwa 50% y’imitungo y’umugabo we.
Ubwo bari bageze mu rukiko, Hiba Abouk yabwiwe ko Achraf Hakim nta mutungo afite mu nyandiko ndetse na konti ye muri banki nta mafaranga agiraho.
Uyu mukinnyi wa filime ukomoka muri Espagne yakubiswe n’inkuba kumva iyo nkuru mu gihe Achraf Hakim ari mu bakinnyi bahembwa akayabo.
Uyu myugariro w’imyaka 24 ni umwe mu bakinnyi bahembwa neza muri Shampiyona y’u Bufaransa, kuko afata miliyoni $1,2 buri kwezi muri Paris Saint-Germain.
Ubwo Hakimi abona ayo mafaranga yose, ayashyira kuri konti y’umubyeyi we, Saida Mouh, ndetse ni we imitungo yose yanditseho.
Muri Gashyantare 2022 ni bwo myugariro wa Paris Saint-Germain n’Ikipe y’Igihugu ya Maroc, Achraf Hakimi, yatangiye gukurikiranwaho ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakoreye umukobwa w’imyaka 23.
Icyaha Achraf Hakimi akurikiranyweho bikekwa ko yagikoze ubwo yatumiraga umukobwa iwe mu gihe umugore we Hiba Abouk n’abana be babiri bari mu biruhuko i Dubai.
Nyuma y’ibi byaha, Hiba Abouk yaganiriye n’Ikinyamakuru El Pais, avuga ko adashobora gukomeza kubyihanganira ahubwo yahitamo gutandukana na we.
Uyu mugore yamaze igihe kirekire acecetse kuri iyi ngingo ariko kubigumana biramunanira kuko byagiraga ingaruka ku buzima bwe n’akazi yakoraga.
Achraf Hakimi aheruka gufasha Maroc kwandika amateka yo kugera muri ½ cy’Igikombe cy’Isi cyabereye muri Qatar mu mpera za 2022. Ibi byamufashije kwinjira mu Ikipe ya FIFA y’umwaka wa 2022, nk’umwe muri ba myugariro beza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!