Biteganyijwe ko Rayon Sports izahaguruka i Kigali ejo kuwa kabiri tariki 12 Nzeri, saa Kumi n’igice za Kigali ikomereze Adis-Ababa muri Ethiopia, ice i Cairo mu Misiri ari na ho izava ijya muri Libya mu mujyi wa Benghazi aho izakinira na Al Hilal Benghazi ku wa tariki 15 Nzeri 2023 saa Mbiri z’i Kigali kuri Stade ya Martyrs of February ihimbwa Hugo Chávez Football Stadium yakira abantu ibihumbi 10.500. Iyi Stade kandi ikunda gukoreshwa cyane n’Ikipe y’Igihugu ya Libya.
Rayon Sports yashyize hanze urutonde rw’abakinnyi izajyana muri Libya aho izakirwa na Al Hilal SC mu mukino ubanza wa CAF Confederation Cup uzaba ku wa Gatanu.
Gikundiro izahaguruka i Kigali ku wa Kabiri saa Kumi n’iminota 25. pic.twitter.com/yqYT9j0zln
— IGIHE Sports (@IGIHESports) September 11, 2023
Umukino wo kwishyura uteganyijwe kuri Kigali Pelé Stadium tariki 30 Nzeri 2023.
IGIHE yaganiriye n’umwe mu bayobozi ba Rayon Sports yemeza ko bahumurijwe ko mu mujyi wa Benghazi izakinira ari amahoro.
Yagize ati” Twavuganye na Ambasade y’u Rwanda muri Libya batubwira ko mu mujyi wa Benghazi tuzakiniramo ari amahoro, nta cyasibya umukino.”
Imijyi yibasiwe cyane n’uyu muyaga uvanze n’umwuzure ni yo mu Burasirazuba bw’Igihugu irimo Derna yashegeshwe cyane guhera kuwa Gatandatu tariki 9 Nzeri 2023.
Uyu mujyi uri ku nkombe y’Inyanja ya Méditerranée no ku birometero mu Burasirazuba bwa Benghazi. Indi mujyi yibasiwe ni Sousse, Al Bayda na Al-Marj.
Kais Fhakeri ukorera Umuryango utabara imbabare w’ibihugu bya Islam, Red Crescent yavuze ko ibintu bitameze neza muri iyi mijyi kuko umubare w’abakomeje kwica n’ibi biza ushobora kwiyongera.
Yagize ati” Tumaze kubona nibura abahitanywe n’ibi biza bageze ku 150 nyuma yo kugwirwa n’inzu nyinshi zahirimye. Turateganya ko abaguye muri ibi biza bashobora kwiyongera bakagera kuri 250. Hano ntabwo bimeze nabi cyane."
Ahmed Mohamed utuye mu mujyi wa Derna wibasiwe cyane yagize ati” Twari dusinziriye, dukangutse tubona amazi yatuzengurutse, twari turimo imbere mu nzu tugerageza gusohoka.”
Mu bahitanywe n’ibi biza harimo n’abasirikare barindwi ba Libya, Umuvugizi w’Igisirikare cy’iki gihugu yavuze ko ingabo ziyobowe na Khalifa Haftar zikomeje kugarura ibintu mu buryo mu Burasirazuba bw’Igihugu bwibasiwe cyane.
Umwuzure uvanze n’umuyaga watembanye imodoka nyinshi ndetse wanangije umuhanda uhuza imijyi ya Sousse and Shahat. Abaturage batuye muri Derna batangaje ko amazi yageze kuri metero eshatu z’ubuhagarike aho ari gutembana ibyo ahuye na byo byose.
Inteko ya Libya y’Uburasirazuba yashyizeho iminsi itatu y’icyumano mu rwego rwo kunamira abakomeje gusiga ubuzima muri ibi biza.
Ibyambu bine bya Peteroli ari byo Ras Lanuf, Zueitina, Brega na Es Sidra byafunzwe imnsi itatu guhera ku wa Gatandatu tariki 9 Nzeri 2023.
Amashuri, amasoko n’ahandi hahurira abantu benshi hose hafunzwe, Leta ishyiraho amasaha ntarengwa yo kugenda nijoro.
Umuryango w’abibumbye muri Libya watangaje ko uri gutanga ubufasha bwose bukenewe kugira ngo ubuzima bugaruke.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!