00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukinnyi wa Marines FC yaburiwe irengero nyuma yo kugonga umwana agapfa

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 19 March 2019 saa 11:49
Yasuwe :

Kuri uyu wa Mbere umunyezamu w’ikipe ya Marines FC, Rukundo Protogène, yakoze impanuka y’imodoka agonga umwana yitaba Imana, ahita aburirwa irengero.

Nk’uko Umunyamabanga Mukuru w’ikipe ya Marines FC; Capt. Hakizimana Geoffrey, yabitangarije IGIHE, uwo munyezamu ngo yagonze umwana atabigambiriye.

Ati “Nibyo ejo Rukundo Protogène yakoze impanuka ubwo yasubiraga inyuma atwaye imodoka, ntiyabona ko umwana yari ahari ku ipine, aramugonga, arapfa.”

Ku bijyanye n’uko uyu munyezamu yaba yarahise aburirwa irengero, uyu muyobozi yavuze ko bamaze kumenya aho aherereye, bamusaba kubibwira inzego z’umutekano dore ko atari abigambiriye.

At “Twamenye aho ari, twamuvugishije tumubwira ko agomba kugaruka akabibwira Polisi kuko ntabwo yari yabigambiriye kandi n’imodoka yari atwaye ifite ubwishingizi.”

Rukundo Protogène ari gukina umwaka we wa mbere mu ikipe ya Marines FC yagezemo mu mpeshyi y’umwaka ushize avuye mu baturanyi basangiye umujyi wa Rubavu, Etincelles FC.

Rukundo bakunze kwita Tiger yakiniye Etincelles imyaka ibiri nyuma yo kuva mu Amagaju FC mu mwaka wa 2016. Yakiniye kandi Mukura Victory Sports ubwo yari avuye i Rubavu mu 2013.

Rukundo Protogene yagonze umwana ahita apfa, na we arabura
Tiger nk'uko bakunze kumwita ari gukina umwaka we wa mbere muri Marines FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages