00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukino Rayon Sports yari kwakiramo Kiyovu SC, n’uwa Mukura na APR FC yagizwe ibirarane

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 12 March 2019 saa 06:03
Yasuwe :

Imikino ibiri ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yari itegerejwe na benshi mu mpera z’iki cyumweru, yagizwe ibirarane bitewe n’imyiteguro y’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ ifitanye umukino na Les Eléphants za Côte d’Ivoire mu mpera z’uku kwezi mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2019 kizabera mu Misiri muri Kamena.

Umukino Rayon Sports yagombaga kwakiramo umukeba wayo w’ibihe byose Kiyovu Sports kuwa Gatandatu n’uwari guhuza Mukura Victory Sports na APR FC i Huye ku Cyumweru, yombi ntabwo izaba.

Nk’uko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA ryabyandikiye amakipe yose mu ibaruwa bahawe yerekana impinduka ku ngengabihe ya shampiyona, iyi mikino yombi iri mu izasubikwa kubera ko abakinnyi b’aya makipe bazitabira umwiherero w’ikipe y’igihugu.

Muri iyi baruwa, FERWAFA yavuze ko shampiyona izakomeza mu mpera z’iki cyumweru ku wa 16-17/03/2019 hakinwa umunsi wa 21 hamwe no ku wa 23-24/03/2019 hakinwa umunsi wa 22, ariko ku makipe afite abakinnyi bari munsi ya batatu mu ikipe y’igihugu Amavubi yahamagawe kuri uyu wa Mbere.

Yagize iti “Tuboneyeho kubamenyesha ko ikipe y’igihugu izatangira imyiteguro ndetse no kwitabira umukino wa nyuma wo mu itsinda H wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2019 kuva tariki ya 13/03/2019 kugeza tariki ya 24/03/2019, bityo ikipe izagira umubare w’abakinnyi mu ikipe y’igihugu uteganywa n’itegeko rigenga amarushanwa muri FERWAFA, imikino yayo izasubikwa, izakinwe ku minsi yavuzwe haruguru.”

Bitewe n’uko APR FC ifite abakinnyi 10 mu ikipe yahamagawe, Rayon Sports ikagiramo batanu na Mukura Victory Sports ikagiramo batatu, imikino aya makipe yari gukina ku munsi wa 21 wa shampiyona izakinwa hagati ya tariki ya 27 Werurwe na tariki ya 05 Mata 2019.

Si ku munsi wa 21 wa shampiyona gusa; APR FC, Rayon Sports na Mukura Victory Sports zitazakina kuko no ku munsi wa 22 wa shampiyona imikino yabo izaba ibirarane kubera iri tegeko ry’abakinnyi batatu mu ikipe y’igihugu.

APR FC niyo iyoboye shampiyona n’amanota 48 mu mikino 20 imaze gukinwa. Rayon Sports na Mukura Victory Sports zinganya amanota 44 ku mwanya wa kabiri n’uwa gatatu mu gihe Kiyovu Sports ifite amanota 35 ku mwanya wa kane.

Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ izatangira imyitozo kuwa Kane tariki ya 14 Werurwe kuri Stade Amahoro. Bazahaguruka i Kigali tariki ya 21 Werurwe, iminsi ibiri mbere yo gucakirana n’Inzovu za Côte d’Ivoire kuri Stade Bouaké iherereye mu mujyi wa Abidjan.

Uko amakipe azahura ku munsi wa 21 wa shampiyona

Kuwa Gatandatu tariki ya 16/03/2018

Gicumbi FC vs Bugesera FC (Gicumbi)
AS Muhanga vs Etincelles FC (Stade de Muhanga)
Espoir FC vs Marines FC (Rusizi)
Rayon Sports vs Kiyovu SC (Wimuwe)

Ku Cyumweru tariki ya 17/03/2019

Sunrise FC vs AS Kigali (Nyagatare)
Amagaju FC vs Musanze FC (Nyamagabe)
Police FC vs Kirehe FC (Kicukiro Stadium)
Mukura VS vs APR FC (Wimuwe)

Umunsi wa 22 wa shampiyona

Kuwa Gatandatu tariki ya 23/03/2019

AS Kigali vs Rayon Sports (Uzaba ikirarane)
Musanze FC vs Gicumbi FC (Stade Ubworoherane)
Etincelles FC vs Espoir FC (Stade Umuganda)
Kirehe FC vs Amagaju FC (Kirehe)
APR FC vs Sunrise FC (uzaba ikirarane)

Ku Cyumweru, tariki ya 24/03/2019

SC Kiyovu vs Bugesera FC (Stade Mumena)
Marines FC vs Police FC (Stade Umuganda)
As Muhanga vs Mukura VS (uzaba ikirarane)

Iradukunda Eric wa Rayon Sports (wasimbuye) ni umwe mu bakinnyi bitwaye neza mu mukino wabahuje na Kiyovu Sports
Rayon Sports na Kiyovu Sports uba ari umukino w'ishiraniro
Umukino ubanza APR FC yatsinzwe na Mukura VS i Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages