00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukino wa APR FC na Marines FC wagizwe ikirarane

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 8 January 2024 saa 02:34
Yasuwe :

Umukino w’Umunsi wa 16 wa Shampiyona wari kuzahuza APR FC na Marines FC ku Cyumweru, tariki ya 14 Mutarama 20234, wamaze kugirwa ikirarane na FERWAFA nyuma y’uko Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yageze muri 1/2 cya Mapinduzi Cup iri kubera muri Zanzibar.

Imikino yo kwishyura ya Shampiyona izatangira mu mpera z’icyumweru ndetse APR FC yagombaga guhera kuri Marines FC.

Amakuru yizewe agera kuri IGIHE yemeza ko uyu mukino wamaze kugirwa ikirarane ndetse Ubunyamabanga bwa FERWAFA bugiye kubimenyesha amakipe yombi.

Biteganyijwe ko APR FC izakina umukino wa 1/2 cya Mapinduzi Cup na Mlandege FC ku wa Gatatu, tariki 10 Mutarama, mu gihe yaramuka ikomeje ikazakina umukino wa nyuma, cyangwa se yatsindwa ikazakina umukino w’umwanya wa gatatu ku wa Gatandatu, tariki 13 Mutarama 2024.

Biteganyijwe ko nyuma yo kuva muri Zanzibar, APR FC izatangira Igice cya Kabiri cya Shampiyona yakirwa na Police FC mu mukino w’Umunsi wa 17, tariki 21 Mutarama kuri Kigali Pelé Stadium.

APR FC yasoreje igice kibanza cya Shampiyona ku mwanya wa mbere n’amanota 33 mu gihe Marines FC yo iri ku mwanya wa karindwi n’amanota 19.

Umukino APR FC yari kwakiramo Marines FC ku Cyumweru, wagizwe ikirarane na FERWAFA
Mu mikino ibanza, Marines FC yanganyije na APR FC ibitego 2-2
APR FC yageze muri ½ cya Mapinduzi Cup aho izahura na Mlandege FC yo muri Zanzibar ku wa Gatatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages