00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunya-Côte d’Ivoire Gohouri wakiniye Wigan mu Bwongereza yitabye Imana

Yanditswe na

Manzi Lema Jules

Kuya 3 January 2016 saa 11:49
Yasuwe :

Gohouri byatangajwe ko yabuze ku itariki 12 Ukuboza 2015 ubwo yari yitabiriye ibirori bya Noheli byateguwe n’ikipe ya TSV Steinbach yo mu Budage yakiniraga, bikekwa ko yagiye gusura umuryango we uba i Paris ariko amakuru akavuga ko atigeze ahagera.

Police yo mu Budage yemeje ko yatoraguye umurambo we mu mugezi wa Rhine mu Mujyi wa Krefeld ariko ibizamini byo kwa muganga bigaragaza ko nta hohoterwa yigeze akorerwa ku buryo hakekwa ko yaba yarivuganywe n’abagizi ba nabi.

Babinyujiji kuri Twitter y’ikipe, abayobozi ba Wigan bagize bati “Tubabajwe cyane no kumva inkuru mbi ko uwahoze ari myugariro wacu Steve Gohouri yitabye Imana. Twifatanyije n’umuryango we.”

Gohouri watangiriye umupira mu ikipe ya Paris Saint Germain, yitabye Imana afite imyaka 34, akiniye ikipe y’igihugu imikino 12.

Yavukiye muri Côte d’Ivoire ajya mu Bufaransa afite imyaka itanu gusa akurira mu ikipe y’abana ya Paris Saint Germain anyura mu makipe nka Borussia Mönchengladbach, Wigan Athletic mu Bwongereza, Maccabi Tel Aviv muri Israel, ubu akaba yakinaga mu cyiciro cya kane mu Budage mu ikipe ya TSV Steinbach.

Umunya-Côte d'Ivoire Steve Gohouri wakiniraga ikipe ya TSV Steinbach yo mu Budage yitabye Imana
Abayobozi b'ikipe ya Wigan yakinnyemo bagaragaje ko babajwe n'urupfu rw'uyu mugabo
Gohouri yitabye Imana afite imyaka 34, akiniye ikipe y’igihugu imikino 12
Polisi yemeje ko yatoye umurambo wa Steve Gohouri mu Mujyi wa Krefeld mu mugezi wa Rhine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages