00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Franco Baresi wubatse izina muri ruhago y’u Butaliyani yitabye Imana

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 31 July 2026 saa 02:57
Yasuwe :

Umunyabigwi mu mupira w’amaguru w’u Butaliyani by’umwihariko mu ikipe ya AC Milan, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66 nyuma y’igihe kirekire arwaye ibihaha.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 31 Nyakanga 2026, ni bwo AC Milan yashyize hanze itangazo rivuga ko uyu mugabo wabaye Perezida wayo w’Icyubahiro yitabye Imana.

Baresi ni umwe mu bakinnyi b’umupira w’amaguru bafashije Ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani hagati ya 1980 na 1990, ndetse akaba yaramaze imyaka 20 akinira AC Milan yo muri icyo gihugu.

Mu itangazo AC Milan yashyize hanze ku rupfu rw’uyu mugabo, yavuze ko “AC Milan yose iri mu marira nyuma y’urupfu rwa Franco Baresi. Urugero rwe rwiza n’ubudahemuka bwe buzahora bifatiye runini ikipe, nk’uko yabikoze mu mwambaro we wa nimero gatandatu.”

Mu 2025 ubwo Franco Baresi yari Visi Perezida w’Icyubahiro, ni bwo yagiye kubagwa imiyoboro ijyana umwuka mu bihaha, ariko nyuma atangira gukurikiranwa n’abaganga bavura kanseri.

Muri Gashyantare 2026 yari yarorohewe, ndetse ni umwe mu batambagije Urumuri rw’Imikino Olempike yo mu Itumba (Milan Cortina Winter Games), icyo gihe akaba yari kumwe na mugenzi we babanye mu mupira w’amaguru, Giuseppe Bergomi.

Mu myaka 20 yamaze muri AC Milan, yatwaye ibikombe bitandatu bya Shampiyona y’u Butaliyani, atwara bitatu by’i Burayi, ndetse amara imyaka y’imikino 15 ari kapiteni wayo.

Akimara gusezera mu 1997, AC Milan yabitse nimero ye ya gatandatu yambaraga, mu rwego rwo kumuha icyubahiro no gusigasira amateka ye.

Franco Baresi yitabye Imana azize uburwayi
Franco Baresi yabaye umukinnyi ukomeye muri AC Milan

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages