CAN y’uyu mwaka izabera mu mijyi ine yo mu Misiri guhera tariki ya 21 Kamena kugeza tariki ya 19 Nyakanga 2019.
Hakizimana Louis uherutse mu mahugurwa ya mbere ku ikoreshwa ry’amashusho mu gufata imyanzuro mu kibuga rizwi nka “VAR” [Video Assistant Referee], ni we munyarwanda watoranyijwe muri 27 bo hagati bazasifura iyi mikino, aho bazabanza guhurira hamwe muri Maroc.
Uyu musifuzi amaze kuyobora imikino yo mu marushanwa akomeye ku mugabane wa Afurika arimo CAF Champions League, gushaka itike y’igikombe cya Afurika mu batarengeje imyaka 17, 20, 23, icy’abakuru n’Igikombe cy’Isi.
Mu 2017, ubwo CAN yaberaga muri Gabon, nta munyarwanda wari wagiriwe icyizere mu gihe Ndagijimana Théogène usifura ku ruhande ari we waherukaga muri iyi mikino mu 2015 mu gikombe cya Afurika cyabereye muri Guinée Equatoriale.
Abasifuzi bo hagati bazayobora imikino ya CAN 2019
Mostafa Gharbal (Algérie), Helder Martinez (Angola), Joshua Bondo (Botswana), Pacifique Ndabihawenimana (Botswana), Aliom Aliom (Cameroun), Gehad Grisha, Mahmoud El-Banna, Amin Omar (Misiri), Bacary Gassama (Gambie), Daniel Laria (Ghana), Peter Waweru (Kenya), Mamadou Keita (Mali), Radwan Jaid (Maroc), Nour ElDin El-Jaafari (Maroc), Jackson Bafaza (Namibie), Jean Jack Ngambo (RDC), Louis Hazikimana (Rwanda), Megete N’Diaye ( Sénégal ), Bernard Camille (Seychelles), Al-Fadel Mohamed Hussein (Sudani), Victor Miguel (Afurika y’Epfo), Sadek Al-Salmy, Youssef El-Sarairi, Haitham Kairat (Tunisie) na Janny Sikazwe (Zambie).
Uko tombora yasize ibihugu bigabanyije mu matsinda ya CAN 2019
Itsinda A : Misiri, RDC, Uganda, Zimbabwe
Itsinda B : Nigerie, Guinée, Madagascar, Burundi
Itsinda C : Sénégal, Algérie, Kenya, Tanzanie
Itsinda D : Maroc, Côte d’Ivoire, Afurika y’Epfo, Namibie
Itsinda E : Tunisie, Mali, Mauritanie, Angola
Itsinda F : Cameroun, Ghana, Bénin, Guinée-Bissau



















TANGA IGITEKEREZO