Muri uyu mukino w’Umunsi wa 15 wa Shampiyona wabereye muri Stade Amahoro, APR FC yibwiraga ko ifunguye amazamu ku munota wa 88, ku ishoti rikomeye ryatewe na Dauda Yussif ari inyuma y’urubuga rw’amahina, ariko umusifuzi wo ku ruhande agaragaza ko habayeho kurarira.
Igitego Dauda Yussif wa APR FC yatsinze ku mukino wa Al-Merrikh SC kikangwa n'umusifuzi wo ku ruhande gikomeje kuvugisha benshi.
Kuri ubu amashusho agezweho, ari kugarukwaho, ni ayafatiwe inyuma y'izamu agaragaza uburyo cyatsinzwemo.
Haba harabayeho kurarira cyangwa gukingiriza… pic.twitter.com/LFqKQ2ye8L
— IGIHE Sports (@IGIHESports) January 19, 2026
Ubuyobozi bwa APR FC bwagaragaje ko butishimiye ibyemezo by’abasifuzi muri uwo mukino kuko byayimishije intsinzi mu buryo bugaragarira buri wese.
Komisiyo y’Imisifurire muri FERWAFA yateranye ku wa 19 Mutarama 2026 isuzuma iyo misifurire.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri, rivuga ko yi Komisiyo “yasanze ku munota wa 88 w’umukino harabaye ikosa rikomeye ryakozwe n’Umusifuzi Wungirije wa Kabiri (2nd Assistant Referee), aho igitego cya APR FC cyanzwe hashingiwe ku cyemezo kitari cyo cy’uko habaye kurarira.”
Rikomeza rigira riti “Kubera iryo kosa, Komisiyo y’Imisifurire yafatiye umusifuzi ibihano bikurikira: Jabo Aristote ahagaritswe gusifura imikino ine (4).”
FERWAFA yijeje ko izakomeza guharanira ubutabera, ubunyangamugayo n’izamuka ry’ireme ry’imisifurire mu mupira w’amaguru mu Rwanda.
Kunganya uyu mukino byatumye APR FC inanirwa gufata umwanya wa kabiri, aho yagize amanota 33 ku mwanya wa gatatu, irushwa amanota abiri na Al-Hilal SC ya mbere mu gihe Police FC ya kabiri ifite amanota 34.
AMASHUSHO: FERWAFA na Rwanda Premier League byamaganye ibikorwa bisa n’imyigaragambyo byaranze abafana ba APR FC nyuma y'umukino ikipe yabo yanganyijemo na Al-Merrikh ubusa ku busa ku Cyumweru. pic.twitter.com/wu4NM05ruK
— IGIHE Sports (@IGIHESports) January 19, 2026
📽AMASHUSHO📽: Mu burakari bwinshi, abafana ba APR FC basabiye ibihano umusifuzi wanze igitego cy’iyi kipe, Jabo Aristote, nyuma yo kunganya na El-Merriekh ubusa ku busa. pic.twitter.com/x0xQBETR72
— IGIHE Sports (@IGIHESports) January 18, 2026
📽AMASHUSHO📽: Nyuma yo kunganya na Al-Merrikh, abafana ba APR FC bagiye ku cyicaro cya FERWAFA bagaragaza ko batishimiye imisifurire yaranze umukino. pic.twitter.com/HqCgV2zD96
— IGIHE Sports (@IGIHESports) January 18, 2026



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!