00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umutoza Gomez ashaka kubona isura nshya ya Rayon Sports 2013-2014

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 26 September 2013 saa 08:44
Yasuwe :

Umwaka ushize wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, ikipe ya Rayon Sports ni yo yatsinze ibitego byinshi 58. Nyamara ariko n’ubwo yatwaye igikombe cya shampiyona yatsinzwe ibitego byinshi 25 mu makipe 7 ya mbere ku rutonde rwa shampiyona 2012-2013.
Umutoza wa Rayon Sports, Didier Gomez da Rosa yabwiye IGIHE ko yasabye abakinnyi be uyu mwaka gukosora amakosa yakozwe umwaka ushize, mu kugarira izamu ryabo maze bakubaka ikipe isenyera umugozi umwe.
Gomez avuga ko umwaka ushize (…)

Umwaka ushize wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, ikipe ya Rayon Sports ni yo yatsinze ibitego byinshi 58. Nyamara ariko n’ubwo yatwaye igikombe cya shampiyona yatsinzwe ibitego byinshi 25 mu makipe 7 ya mbere ku rutonde rwa shampiyona 2012-2013.

Umutoza wa Rayon Sports, Didier Gomez da Rosa yabwiye IGIHE ko yasabye abakinnyi be uyu mwaka gukosora amakosa yakozwe umwaka ushize, mu kugarira izamu ryabo maze bakubaka ikipe isenyera umugozi umwe.

Gomez avuga ko umwaka ushize bagize amahirwe yo kutagira imvune nyinshi, cyangwa abakinnyi bahagarikwa kubera amakarita.

Uyu mutoza yemeza ko yifuza kubona ikipe nk’iyakinnye irushanwa ritegura shampiyona aho yatsinze Mukura Victory Sports ibitego 3-1 ndetse na Kiyovu Sport ibitego 3-0.

Gomez yagize ati “Ndimo kubaka ikipe ishoboye kurinda izamu, hagati bagumana umupira, ndetse igatsinda igitego ku buryo bwihuse.”

Gomez afite ibyifuzo. “ Turi gushyira imbaraga mu kurinda izamu ryacu, twubaka urukuta ntavogerwa mu rubuga rw’umuzamu wacu, maze tukamenya igihe n’icyo gukora nyacyo ikipe dukina itakaje umupira.”

Rayon Sports yabonye umunyezamu mpuzamahanga Ndayishimiye Jean Luc ”Bakame”, ku bwa Gomez avuga ko ubunararibonye bwe buzafasha iyi kipe kwitwara neza.

Nta myugariro wayivuyemo ahubwo bongeyemo amaraso mashya nka Serugendo Arafat, Rwaka Claude na Kanamugire Moses bagomba gufatanya na Usengimana Faustin, Nshimiyimana Iddi, Sibomana Abuba na Nizigiyimana Karim “Mackenzi”.

Gomez akomeza avuga ko mu mwaka ushize bari bashyize imbaraga cyane mu kugumana umupira, byatumaga batsinda ibitego byinshi, aho abakinnyi bagerageza guhanahana umupira hagati, byabaga ari ibirori ku bafana.

Mu rwego rwo gukaza iki gice kigomba kuremera ibitego ba rutahizamu, Havugarurema Jean Paul “Ralo”, Ndatimana Robert, Bizimana Djihad, Sibomana Hussein bagiye gufatanya na Hategekimana Aphrodis “Kanombe” na Hamissi Cedric, Mwiseneza Djamali na kapiteni mushya Ndayisenga Fuadi.

Kagere wambaye ubururu bwujimye na Hamissi Cedric wamabye nomero 17 bakinnye igice cya kabiri cya shampiyona batsinda ibitego 24

Kuba Rayon Sports yarabonye ba rutahizamu babiri bo ku rwego rwo hejuru, Meddie Kagere na Jakeshi, Gomez yemeza ko abafana ba Rayon Sports bazabona ibitego byinshi kurusha umwaka ushize.

Yagize ati “Dufite ba rutahizamu bo ku rwego rwo hejuru, kandi n’abo twari dufite umwaka ushize twarabagumanye, twongereyemo imbaraga.”

Mu bakinnyi 7 batsinze ibitego nibura 8 muri shampiyona ya 2012-2013, Rayon Sports ifitemo 4 harimo babiri bakinnye imikino 13 gusa, imikino yo kwishyura.

Hamissi Cedric watsinze ibitego 16 na Kagere Meddie winjije 8 bakinnye imikino ya shampiyona yo kwishyura (13) bakazafatanya na Kambale Salita (13), Fuadi Ndayisenga (8) hakiyongeraho Jakeshi (watsinze ibitego 2 mu mikino 3) na Cyubahiro Jacques wakinaga muri APR FC.

Kuba buri mwanya muri iyi kipe hakomeye haburaga gusa guhuza umukino. Ngo ni cyo cyatumye mu minsi ishize Rayon Sports yakoraga imyitozo kabiri ku munsi kugira ngo bahuze umukino maze bakore ikipe imwe, isatitira kandi ikugaririra rimwe ifite abakinnyi benshi bashoboye bakina amarushanwa ane mu mwaka.

Muri uyu mwaka, Rayon Sports izakina shampiyona, igikombe cy’amahoro, CECAFA Kagame cup n’imikino nyafurika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAF Champions League).

Muri shampiyona, Rayon Sports iracakirana na Gicumbi FC kuri uyu wa Gatandatu kuri Sitade Amahoro i Remera.

Didier Gomez da Rosa, umutoza wa Rayon Sports

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages