00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umutoza yirukanywe azira gufata amashusho y’abakinnyi be b’abagore mu ibanga

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 May 2026 saa 12:41
Yasuwe :

Uwahoze ari Umutoza w’Ikipe y’Abagore ya 1. FC Slovacko yo mu Cyiciro cya Mbere muri Repubulika ya Tchèque, Petr Vlachovsky, yahagaritswe burundu n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane w’u Burayi (UEFA) nyuma y’uko ahamijwe gufata amashusho y’abakinnyi be mu ibanga.

Vlachovsky yari yakatiwe igifungo cy’umwaka umwe usubitse no guhagarikwa imyaka itanu adatoza muri Repubulika ya Tchèque, nyuma yo guhamywa gufata amashusho y’abakinnyi 14 mu gihe cy’imyaka ine.

Iperereza ryakozwe n’Urwego rushinzwe Imyitwarire muri UEFA (CEDB), ryagaragaje ko yarenze ku mategeko ndetse yaranzwe n’imyitwarire idakwiye iteza amakimbirane mu mupira w’amaguru.

Uru rwego rwanzuye ko “ahagarikwa burundu mu bikorwa byose bifitanye isano n’umupira w’amaguru.”

Vlachovsky watoje ikipe y’abakobwa ya 1. FC Slovacko mu gihe cy’imyaka 15, yatawe muri yombi muri Nzeri 2023 nyuma yo kubona amwe mu mashusho yafashe ku mbuga nkoranyambaga.

CEDB yasabye FIFA gufatira ibihano uyu mugabo w’imyaka 42 ku buryo nta handi yakongera kugaragara mu mupira w’amaguru.

Uru rwego rwasabye kandi Ishyirahamwe rya Ruhago muri Repubulika ya Tchèque gutesha agaciro ibyangombwa byo gutoza bya Vlachovsky.

Ishyirahamwe ry’Abakinnyi babigize umwuga (Fifpro) ryatangaje ko abakinnyi bafashwe amashusho na camera Vlachovsky yari yarahishe inyuma ku gikapu cye ndetse umuto muri bo yari afite imyaka 17.

Vlachovsky yigeze gutoza Ikipe y’Abatarengeje imyaka 19 ya Repubulika ya Tchèque ndetse anatorwa nk’umutoza mwiza w’abagore muri icyo gihugu.

Petr Vlachovsky yahagaritswe burundu nyuma yo guhamywa gufata amashusho abakinnyi be b'abagore mu ibanga bari mu rwambariro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages