00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umutoza wa Ghana yirukanye abakinnyi 2 mbere yo gucakirana na Portugal

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 26 June 2014 saa 01:30
Yasuwe :

Nyuma yo guhabwa miliyoni 3$ y’agahimbazamusyi, umutoza wa Ghana Kwesi Appiah yirukanye mu mwiherero Kevin-Prince Boateng na Sulley Muntari ku mpamvu bivugwa ko ari imyitwarire mibi.
Amakuru aturuka muri uyu mwiherero ni uko Muntari yakubise umwe mu bayoboye itsinda rya Ghana muri Brazil, Moses Armah nyuma y’intonganya naho Boateng atuka umutoza Kwesi Appiah mu myitozo yo kuri uyu wa Gatatu.
Muntari yari yahagaritswe kubera amakarita abiri y’umuhondo mu gihe Boateng yashoboraga gukina (…)

Nyuma yo guhabwa miliyoni 3$ y’agahimbazamusyi, umutoza wa Ghana Kwesi Appiah yirukanye mu mwiherero Kevin-Prince Boateng na Sulley Muntari ku mpamvu bivugwa ko ari imyitwarire mibi.

Amakuru aturuka muri uyu mwiherero ni uko Muntari yakubise umwe mu bayoboye itsinda rya Ghana muri Brazil, Moses Armah nyuma y’intonganya naho Boateng atuka umutoza Kwesi Appiah mu myitozo yo kuri uyu wa Gatatu.

Muntari yari yahagaritswe kubera amakarita abiri y’umuhondo mu gihe Boateng yashoboraga gukina n’ubwo Atari yabanjemo mu mukino batsinzwemo na USA.

Muntari na Boateng birukanywe mu mwiherero wa Ghana iri mu gikombe cy'Isi muri Brazil
Moses Armah wakubiswe na Muntari batumvikanye ku kibazo cy'amafaranga bagombaga guhabwa

Aba bakinnyi basezerewe nyuma y’inama yabaye muri iki gitondo, aho bahawe kutarenza saa 12.00 (amasaha y’i Kigali) bari kumwe na bagenzi babo bari gutegura umukino wa Portugal basabwa gutsinda.

Ghana irakina saa 18.00 igomba gutsinda Portugal ikabone itike ya 1/8 cy’irangiza igihe u Budage bwaba butsinze USA.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages