Mu itangazo ryashyizwe hanze n’iyi kipe ku wa Mbere, rivuga ko uyu mutoza yagiye muri Uganda ku mpamvu z’umuryango.
Rigira riti “Kubera impamvu z’umuryango, Umutoza Mukuru Jackson Mayanja yagiye mu gihugu cya Uganda, inshingano zasigaranywe n’abatoza bungirije.”
Benshi mu bumvise iyi nkuru, bavuga ko ari amayeri iyi kipe yakoresheje itandukana na Mayanja umaze iminsi adahagaze neza muri shamiyona.
IGIHE yaganiriye n’Umunyamabanga Mukuru wa Sunrise FC, Buseruka Alphonse ayitangariza ko umutoza yahawe uruhushya rwo kujya kwita ku mugore we umaze iminsi arwaye atirukanwe nk’uko benshi babivuga.
Yagize ati “Yadusabye ko twamuha uruhushya akajya kwita ku mugore we umaze iminsi arwaye. Oya ntabwo aribyo (kwirukanwa) kuko twamuhaye uruhushya rw’ibyumweru bibiri.”
Nubwo Buseruka avuga ibi, hari amakuru amaze iminsi avugwa y’uko uyu mutoza ashobora gutandukana cyangwa guharikwa n’iyi kipe.
Kujya muri Uganda kwa Mayanja kwibukije abakurikira Ruhago Nyarwanda igenda ry’Umutoza Moses Basena nawe watoje Sunrise mu 2021 ndetse n’Umunya-Kenya Frank Ouna watozaga Musanze FC.
Kugeza ku munsi wa 27 wa Shampiyona, Sunrise FC iri ku mwanya 14 n’amanota 26 aho irusha inota rimwe Bugesera FC na Etoile de l’Est za nyuma.
Mu mikino itatu isigaye ngo shampiyona irangira, Sunrise FC izakira Gorilla FC tariki 28 Mata, isure Amagaju FC ku ya 4 Gicurasi, izasoze yakira Marines FC tariki 11 Gicurasi 2024.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!