Uyu mukino warangiye Rayon Sports itsinze igitego 1-0 cyatsinzwe na rutahizamu w’umunya Ghana Michael Sarpong ku munota wa 49 w’umukino.
Uyu mukino wagaragayemo udushya dutandukanye kandi tutari tumenyerewe na benshi mu bakurikirana umupira w’amaguru hano mu Rwanda, bafashe nk’ikimenyetso cy’ikoreshwa ry’amarozi, gusa umutoza w’ikipe ya Sunrise FC, Justin Bisengimana ntavuga rumwe na bo.
Mbere y’uko igihe cyo kwishyushya kigera ikipe ya Sunrise FC yabanje gutembera mu kibuga iri bukiniremo, gusa icyabaye nk’igitangaza ku bafana batari bakabaye benshi muri Stade ni ukubona abakinnyi bari bayobowe na rutahizamu w’Umunya Nigeria Babua Samson, basohoka mu rwambariro bagera ku murongo w’ikibuga bagakuramo inkweto bakinjira mu kibuga n’ibirenge.
Batembereye ikibuga cyose hanyuma bagarutse barenze umurongo w’ikibuga barongera bambara inkweto basubira mu rwambariro. Benshi batekereje ko ari inama z’umurozi bari bagiriwe.
Gusa umutoza Justin Bisengimana asobanura ko ari uburyo bwifashishwa mu gihe umuntu aba yakoze urugendo rurerure ahinnye amaguru yatembera yambaye ibirenge amaraso akaba yafasha imitsi mu itembera ry’amaraso mu mubiri.
Aganira na IGIHE akaba yagize ati ‘’Kuva i Nyagatare kugera i Kigali twakoresheje amasaha ane n’iminota mirongo itanu, tugeze kuri Stade umunyezamu yatubwiye ko afite isereri na (Samson) Babua atubwira ko imitsi y’amaguru ye yabyimbye, twakoze icyo bita (retour veineux) umuganga atubwira ko bajya mu kibuga bakagitemberamo bakuyemo inkweto nk’umunota umwe kugira ngo amaraso atembere neza nk’uko bisanzwe, hanyuma bakagaruka bakambara inkweto bagasubira mu kibuga kwishyushya".
"Icyo ni cyo twari tugamije nubwo abantu batabyakiriye neza, gusa buri muntu aba afite imyumvire ye bitewe n’imitekerereze ye, twebwe ibyo twakoze byari ibyo kudufasha mu kazi kacu nubwo abantu babyakiriye ukundi bashaka kudusiga icyasha, ariko icyari kigambiriwe kwari ukugira ngo abakinnyi bacu bakine uriya mukino bameze neza".
Ku byerekeranye n’ibyiswe ibipfunyika by’amarozi abakinnyi bari bambariyeho bigatuma umusifuzi wo hagati wari uyoboye uyu mukino Mukansanga Salma, abasohora hanze ngo bajye kubikuramo, uyu mutoza abyamaganira kure agatangaza ko ari utwenda tw’imbere tutasaga n’amakaburuta umusifuzi yasabye ko badukuramo kuko na Rayon Sports yari yambaye amakabutura y’umweru bityo bikaba byateza urujijo ku myambarire.
Ati ‘’ Samson Babua yari yambaye akenda k’imbere k’umukara hanyuma umusifuzi amubwira ko ibara ry’umukara ritemewe ku ikaburuta ya move , icyo yakoze yarasohotse agakuramo asubira mu kibuga. Hanyuma kuri (Niyonshuti) Gad rero niho bisa n’ibyafashe indi ntera kuko yari yambaye akenda k’umweru maze umusifuzi wo hagati (Mukansanga Salma) amubwira ko agomba kugakuramo".
"Ageze ku ntebe y’abasimbura kugira ngo bataza kubona ubwambure bwe abo yahasanze baramuhishe kugira ngo hatagira umufotora yambaye ubusa. Amaze kuyikuramo yahise ayijugunya hasi maze umuyobozi ayifatisha ikoti ry’ishashi ayitereka ku ntebe ariko ntabwo byari ibipfunyika by’amarozi".
Abajijwe niba koko nawe azi ko amarozi asanzwe akoreshwa mu mupira w’amaguru hano mu Rwanda Umutoza Justin Bisengimana akaba yasubije ko nta nduru ivugira ubusa ku musozi. Gusa ngo bamwe babifata uko bitari ati ” Sinabihakana cyangwa ngo mbyemeze”
Icyo abandi babivugaho
IGIHE yaganiriye n’umuganga w’ikipe y’igihugu Rutamu Patrick, adutangariza ko ikitwa ’retour veineux’, ibaho ndetse ikorwa mu gihe umuntu yakoze urugendo rurerure cyangwa se yicaye umwanya munini amaraso akireka mu birenge ntihabeho itembera ryayo (circulation de retour veineux ), hanyuma bikamusaba gukora imyitozo yoroheje kugira ngo amaraso azenguruke asubire mu mutima ayungururwe neza yongere atembere mu mubiri.
Ngo utabikoze ushobora no kubyimba ibirenge.
Igikorwa cyakozwe n’abakinnyi ba Sunrise cyo gutembera ikibuga bambaye ibirenge bagatanguranwa n’uko Rayon Sports ikinjiramo, bagisohokamo bakambarira inkweto hanze y’umurongo w’ikibuga bakaza kugaruka kwishyushya, cyakwibazwaho kuko iyi retour veineux yashoboraga gukorerwa icyarimwe mu gihe cyo kwishyushya kigenwa n’amategeko agenga umupira w’amaguru ku Isi, FIFA.
Uko udushya twagenze mu mafoto:
Amafoto: Ntare Julius



















TANGA IGITEKEREZO