00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwayezu François Régis yagizwe Visi Chairman wa APR FC

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 23 June 2023 saa 04:52
Yasuwe :

Uwayezu François Régis wigeze kuba Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA yagizwe Vice Chairman wa APR FC asimbuye Brig Gen Bayingana Firmin woherejwe mu zindi nshingano umwaka ushize wa 2022.

Lt Col Richard Karasira ni we Chairman mushya wa APR FC asimbuye kuri uyu mwanya Umugaba Mukuru w’Ingabo, Lt Gen Mubarakh Muganga, wari uwumazeho imyaka itatu.

Uwayezu ahawe izi nshingano nyuma y’imyaka ibiri yeguye ku mwanya w’Umunyamabganga Mukuru wa FERWAFA muri Nzeri 2021.

Uwayezu yagizwe Umunyamabanga wa FERWAFA mu 2018 asimbuye Habineza Emmanuel wari uw’agateganyo utaragiriwe icyizere na komite nshya.

Régis Uwayezu w’imyaka 40, yasezeye kuri uyu mwanya mu 2021 nyuma yaho yagiye akora mu bindi bigo bitandukanye harimo ko yabaye umuyobozi ushinzwe imari n’ubutegetsi mu kigo cy’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC) mu gihe cy’imyaka irindwi.

Kuva mu mwaka wa 2017, Uwayezu kandi yari ari muri Komisiyo ya Siporo ya bose muri Komite Olempike ndetse akaba na Perezida wungirije mu Ishyirahamwe ry’Abatoza mu Rwanda. Afite n’impamyabushobozi y’ubutoza ya UEFA Licence B yakuye i Koblenz mu Budage mu 2010.

Ikipe ya AR FC yitezweho impinduka nyinshi izatangaza ku mugaragaro aba bayobozi mu cyumweru gitaha mu gihe na none hategerejwe impinduka mu bakinnyi aho byitezwe ko politiki yo gukinisha abakinnyi b’abanyarwanda gusa izahindurwa hakazanwa abanyamahanga bakomeye bazafasha Ikipe y’Ingabo z’Igihugu gutera intambwe mu mikino Nyafurika.

Uwayezu François Régis yagizwe Visi Chairman wa APR FC
Lt Col Karasira Richard ni we Chairman mushya wa APR FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages