00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Van Gaal asanga gutsinda Everton bidahagije yateze abakinnyi be Manchester City

Yanditswe na

Manzi Leama Jules

Kuya 18 October 2015 saa 08:06
Yasuwe :

Muri iyi nkuru turagaruka ku mikino yo ku mugabane w’u Burayi yabaye muri iyi weekend, n’ibyatangajwe n’abatoza

  Van Gaal ati:” Mutsinde Manchester City dutangire gutekereza igikombe cya shampiyona.”
  Arsenal ibifashijwemo na Alex Sanchez yaraye ku mwanya wa kabiri
  Raheem Sterling yafashije Manchester City kuziba icyuho cya Kun Aguero
  Nubwo yitwaye neza imbere ya Aston Villa, Mourinho ntiyishimiye ikipe ye
  Uko byari bihagaze mu yindi mikino ikomeye yabaye mu mashapiyona atandukanye

Umutoza wa Manchester United yashimiye abakinnyi be nyuma yo kunyagira Everton 3-0 ko babashije kugarurira abakunzi b’ikipe ikizere nyuma yo kwandagazwa na Arsenal 3-0 ku mukino uheruka ariko asanga ibi bidahagije kugira ngo ikipe ye ibe yatangira gutekereza guhatanira igikombe.

Van Gaal yahise yibutsa abakinnyi be urugamba bafite ku mukino ukurikira aho bazahura na mukeba basangiye umujyi wa Manchester we umaze gutsinda ibitego 11 mu mikino ibiri iheruka nyuma yo kwandagaza Newcastle United iyitsinda 6-1 mbere y’akaruhuko mpuzamahanga no kunyagira Bournemouth 5-1 kuri uyu wa gatandatu.

Van Gaal yagize ati:” Birashimishije cyane uburyo abakinnyi bitwaye. Turifuza gutwara igikombe cya shampiyona, niyo ntego yacu ariko byose bizaterwa n’umukino ukurikiraho. Iyo ushaka igikombe ni byiza gutsinda abo mugihanganiyeho.”

Yongeyeho ati “Dutsinze Manchester City nibwo umuntu yavuga ati:’ Ok’ noneho birashoboka.”

Imwe muri Derby zikomeye ku Isi izaba ikinwa kuri uyu wa gatandatu Manchester United yakira Manchester City ku kibuga Old Trafford.

Arsenal ibifashijwemo na Alex Sanchez yaraye ku mwanya wa kabiri

Nyuma yo gutsinda Watford ibitego 3-0 byose byabonetse mu gice cya kabiri cy’umukino, Arsenal ikomeje kurya isyataburenge Manchester City iyirusha amanota abiri gusa.

Sanchez umaze kwemeza ko ari umukinnyi ukomeye nyuma yo kuva muri Barcelona aho atabonaga umwanya uhagije amaze gutsinda igitego mu mikino itandatu iheruka haba muri Arsenal cyangwa mu ikipe y’igihugu ya Chili.

Sanchez yafunguye amazamu ku munota wa 62, Giroud ashyiramo ikindi ku munota wa 68 maze Ramsey ashyiramo agashinguracumu ku munota wa 74.

Wenger yaboneyeho kubwira abakunzi ba Arsenal ko nubwo ikipe itabashije kwitwara neza mu mikino yo ku mugabane w’Uburayi ( Champions League) ariko hari icyo abahishiye ku mukino wa Bayern Munich.

Ati:” Twishyize mu mwanya mubi muri champions League. Tuzakora ikintu kidasanzwe ku mukino wa Bayern Munich kuko nibwo buryo bwonyine bwo kuguma muri iri rushanwa dusigaranye.”

Raheem Sterling yafashije Manchester City kuziba icyuho cya Kun Aguero

Nyuma yo kugurwa akayabo ka miliyoni 49 z’ama- Pound ava muri Liverpool uyu mwaka Raheem Sterling yacekekesheje abagishidikanya ku kayabo yatanzweho akiri muto ku myaka 20 gusa atsinda hat-trick ya mbere mu mukino Manchester City yatsinzemo 5-1.

Wilfried Bony nawe yigaragaje ndetse yibutsa ibihe byiza yagiriye muri Swansea City mbere yo kuza Etihad igihe kinini akakimara ku gatebe k’abasimbura. Yatsinze ibitego bibiri mu mukino na Bournemouth FC mu gihe rutahizamu Sergio Aguero ari mu mvune azamaramo ukwezi kose.

Nubwo yitwaye neza imbere ya Aston Villa, Mourinho ntiyishimiye ikipe ye

Chelsea yatsinze Aston Villa 2-0 nyuma y’iminsi myinshi ititwara neza ibintu byatumye Mourinho atangira gushakisha abandi bakinnyi bashobora kuza kurokora iyi kipe iri ku mwanya wa 11 n’amanota 11 n’umwenda w’ibitego bitatu nyamara ariyo ifite igikombe cya shampiyona giheruka.

Umwe mu bakinnyi arimo kwifuza cyane harimo umunya-Ukraine Yevhen Konoplyanka ukinira Sevilla ku ruhande. Uyu mukinnyi yahoze akinira Dnipropetrovsk mbere yo kuza muri Espagne yashakishwaga n’amakipe yo mu Bwongereza nka Liverpool na Stoke City.

Mourinho yagaragaye ku mukino wahuje Ukraine na Espagne mu cyumweru gishize yagiye gukurikirana uyu musore nk’uko byatangajwe na Mircea Lucescu umutoza wa Shakhtar Donetsk waganiriye na Mourinho kuri uwo munsi.

Uko byari bihagaze mu yindi mikino ikomeye yabaye mu mashapiyona atandukanye

Umutoza mushya wa Liverpool, Jurgen Klopp yatangiye anganya na Tottenham ubusa ku busa biba ubwa mbere mu mezi abiri ashize Liverpool ibashije kurangiza umukino itinjijwe igitego.

Mu Bufaransa umukino wari ukomeye ni uwahuje Paris St-Germain na Bastia umukino wabonetsemo ibitego 2-0 byombi bya kizigenza Zlatan Ibrahimovic.

Mu Budage ni Bayern Munich yacaga agahigo ko gutsinda imikino ikenda ifungura shampiyona ibintu bitari byakorwa n’indi kipe muri Bundesliga. Thomas Muller yatsindaga igitego cya kenda cye muri shampiyona uyu mwaka.

Naho ku ruhande rwa Robert Lewandowski niwo mukino wa mbere atabonyemo igitego kuko yari amaze imikino irindwi yinjiza igitego akaba yaratsinze 15 mu mikino itandatu haba muri Bayern Munich no mu ikipe y’igihugu.

Muri Espagne ni Cristiano wagezaga ku bitego 324 mu mikino 310 ashimangira ko ariwe rutahizamu w’ibihe byose wa Real Madrid atsinda igitegi kimwe muri bitatu Real yatsinze Levante naho mukeba FC Barcelona idafite Messi yahaga Rayo Vallecano isomo rya ruhago iyitsinda ibitego 5-2 harimo bine bya Neymar Santos n’ikindi cya Louis Suarez.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages