00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Vipers SC yinjiye neza muri CECAFA Kagame Cup 2026 (Amafoto)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 24 July 2026 saa 05:08
Yasuwe :

Ikipe ya Vipers SC yo muri Kenya yatangiye neza irushanwa rya CECAFA Kagame 2026, aho ku mukino wayo wa mbere yatsinze Garde Républicaine FC yo muri Djibouti ibitego 3-0.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 24 Nyakanga 2026, ni bwo kuri Stade Amahoro hatangiye kubera irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026, rihuza amakipe yo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati.

Itsinda A ni ryo ryabimburiye andi makipe gukina, umukino ubanza uhuza Vipers SC iri mu zahagarariye Kenya na Garde Républicaine FC.

Ni umukino wagaragaje imbaraga nke z’iyi kipe yo muri Djibouti ikinamo rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Sibomana Patrick ‘Papy’, dore ko igice cya mbere yakirangije yatsinzwe ibitego 3-0.

Igitego cya mbere cyabonetse ku munota wa 17, gitsinzwe na Farouk Miya wateye coup franc yari hanze y’urubuga rw’amahina, ayishyira mu izamu ku ishoti ryananiye umunyezamu wa Garde, Liban Mohamed Said, kurikuramo.

Farouk ukina mu kibuga hagati yongeye kubona igitego cya kabiri ku munota wa 36, mbere y’uko amakipe yombi aruhuka Watambala Abdu Karim ashyiramo icya gatatu.

Igice cya kabiri Garde Républicaine FC yagerageje gukina ishaka kwishyura, ariko amahirwe yo kubona igitego akomeza kubura kugeza umukino urangiye ari ibitego 3-0.

Mbere y’uko APR FC yo mu Rwanda yikiranura na Gor Mahia, Vipers yahise iyobora Itsinda A n’amanota atatu, Garde iba iya nyuma n’umwenda w’ibitego bitatu.

Abakinnyi ba Vipers SC babanje mu kibuga
Umutoza Mukuru wa Garde Républicaine FC, Kadir Ahmed Robleh
Lavagne Denis Jean utoza Vipers SC yabonye intsinzi ya mbere
Malong Ring ni we wayoboye umukino
Abakinnyi 11 Vipers yabanje mu kibuga
Abakinnyi 11 Garde Républicaine FC yabanje mu kibuga
Abakinnyi b'amakipe yombi basuhuzanya mbere yo gutangira gukina
Umukino wa mbere wa CECAFA Kagame Cup wakiniwe kuri Stade Amahoro
Mandela Achraf wa Vipers ari kugerageza ishoti rigana mu izamu
Garde Républicaine FC yananiwe gutsinda umukino wa mbere wa CECAFA Kagame Cup
Vipers yabonye intsinzi ya mbere muri CECAFA Kagame Cup
Farouk Miya yitwaye neza afasha Vipers SC gutsinda umukino wa mbere muri CECAFA Kagame Cup

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages